umu amakuru- Umukandida Dr.Frank Habineza n’umugore we wavuye muri Sweden bishimiye uburyo Abanyarusizi baje mu kwiyamamaza kwe ari benshi bamusezeranya kumutora | Umusingi

Umukandida Dr.Frank Habineza n’umugore we wavuye muri Sweden bishimiye uburyo Abanyarusizi baje mu kwiyamamaza kwe ari benshi bamusezeranya kumutora

Please enter banners and links.

Dr.Frank Habineza uharagarariye Ishyaka rya Democratic Green Party na Madam we wari waturutse mu gihugu cya Sweden batangiriye kwiyamamariza kuyobora u Rwanda mu Karere ka Rusizi uyu munsi Kuwa 14 Nyakanga 2017 akaba yishimiye uburyo Abanyarusizi bitabiriye gahunda ye yo kwiyamamariza kuyobora u Rwanda ndetse bamwizeza kuzamutora.

Umukandida Dr.Frank Habineza nyuma yo kwiyamamaza imbere y’abaturage ba Rusizi yavuze ko yishimiye ko abaturage bamugejejeho ibibazo bafite birimo ibijyanye n’ubuhinzi akabizeza ko ni bamutora ari benshi agatsinda azabakemurira ibibazo byose bamugejejeho.

Umukandida Dr.Frank Habineza na Madam we bacinya akadiho bishimira ko abaturage baje ari benshi

Abaturage bari baje ari benshi

Umukandida Dr.Frank Habineza yabijeje ko azababa hafi mu bibazo byabo ndetse abashishikariza kuzamutora ndetse abasaba ko babwira n’abandi batabashije kuza ko umukandida azabakemurira ibibazo ari Dr.Frank Habineza ariwe bazatora.Nyuma yo kwiyamamaza habayeho gucinya akatiho ko kwishimira ko gahunda yagenze neza.

2,711 total views, 1 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.