Lionel Messi yakoze ubukwe na Antonella Roccuzzo yanga gutumira uwahoze ari umutoza we ndetse na Pique
— July 2, 2017
Please enter banners and links.

Lionel Messi ukinira ikipe ya FC Barcelona n’ikipe y’igihugu ya Argentine, yarushinze n’umukunzi we Antonella Roccuzzo bamenyanye kuva mu buto bwe afite imyaka itanu y’amavuko.
Abantu bari bazi ko Messi azatumira uwari umutoza we Enrique ndetse na myugariro bakinana mu ikipe imwe Gerrard Pique ariko batangajwe no kubona atabatumiye mu bukwe bwe.
Ibi birori by’amateka mu buzima bw’aba bombi byabereye muri hotel City Center Rosario iherereye mu Mujyi wa Rosario muri Argentina, byitabirwa n’abarenga 250 barimo abakinnyi bakomeye ku Isi n’abakunzi babo.



Aba barimo , Sergio Kun Aguero n’inshuti ye Karina; Cesc Fabregas n’umugore we Daniella Seeman, uyu ni inshuti magara y’umugore wa Messi Antonella; Gerard Piqué n’umugore we Shakira; Neymar da Silva Santos Júnior na Luis Suárez ba FC Barcelona n’abandi.

Samuel Eto’o wakinanye na Messi muri Barcelona


Messi yabanje kujya kwiyogoshesha ku munsi w’ubukwe
Messi w’imyaka 30 amaze imyaka 25 na Antonio w’imyaka 29 mu munyenga w’urukundo. Aba bombi bafitanye abana b’abahungu babiri Thiago Messi na Mateo Messi, baraye barushinze mu ijoro rishyira kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 1 Nyakanga 2017. Umutekano mu bukwe bwabo wari wakajijwe cyane, hitabajwe abapolisi 450.
Ubu bukwe bwari bufite umwihariko kuko ababwitabiriye basabwe gukura ku murongo telefone zabo ngendanwa, abagore baje bitwaje nibura imyambaro itatu itandukanye yagombaga kubafasha kugaragara neza mu bihe bitandukanye mu gihe abagabo bari basabwe kuzana nibura amashati atatu y’amabara atandukanye.
Amakuru aturuka muri Argentina yagaragaje ko habayeho gushyamirana hagati y’abagize umuryango w’umukwe n’umugeni ariko Messi yabihakanye avuga ko nta kibazo cyabayeho hagati ya nyina n’umugore we bivugwa ko hashize imyaka irindwi barebana ay’ingwe.
Ibi birori byasojwe Messi atungura umugore we Antonella, aho yatumije umuhanzi ukomoka muri Argentine Abel Pintos, amuririmbira indirimbo akunda yitwa Sin Principio ni final (Nta ntangiriro nta n’iherezo).
3,048 total views, 1 views today

BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
AMASO ARARYA INDA IGASONZA KURI NOHELI AMASO YAWE YEREKE IBYIZA,UKWEYE KUREBA ABA BAKOBWA BEZA WASHAKA GUPFA
Amateka y’Umukecuru wabanye n’Umwami Kigeli V akabana na Gen Fred Rwigema na Perezida Kagame ari mu batangije ishuri ry’Umuco
Itohoza :Abanyarwanda baba mu mahanga bakomeje gusebya Leta y’u Rwanda bitwikiriye politiki n’uburenganzira bwa muntu
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Uburyo ibiciro by’ingendo mu gihugu hose biteye nyuma yo kuzamurwa na RURA
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Leave a reply