Itaramakofe Manny Pacquiao yakubiswe n’uwahoze ari umwarimu bitangaza benshi
— July 2, 2017
Please enter banners and links.

Umunya-Philippines, Manny Pacquiao, wamamaye mu mukino w’iteramakofe, yakubiswe bikomeye mu buryo butunguranye n’Umunya-Australia, Jeff Horn, mu mukino wabereye imbere y’abafana ibihumbi mirongo itanu kuri Stade ya Suncorp.
Manny Pacquiao, umaze kwamamara mukino w’iteramakofe yavuzwe cyane mu 2015 ubwo yahanganaga n’umunyamerika Floyd Mayweather mu mukino wari waravuzwe kuva mu 2009.
Kuri iki Cyumweru yari yakinnye n’umunya-Australia umaze imyaka 10 muri uyu mukino nyuma yo kureka akazi k’ubwarimu Jeff Horn. Byari byitezwe ko nta kabuza Pacquiao aza gutsinda ariko mu buryo bwatunguye benshi, akanama nkemurampaka kemeje ko atsinzwe ku manota 117-111, 115-113, 115-113.


Manny Pacquiao iburyo
Bombi bakinaga mu cyiciro cy’abatarengeje ibiro 67 gusa ugutsindwa kwa Pacquiao wateye mugenzi we ingumi 182 kuri 92, kwatumye abakurikiye uyu mukino binubira ibyemejwe n’akanama nkemurampaka.
Nka Lennox Lewis ufite umudari w’isi inshuro eshatu muri iki cyiciro, yanditse ku rukuta rwe rwa Twitter avuga ko bitumvikana uburyo Horn yatsinda asa n’utigeze arwana.
Uku gutsindwa kwa Pacquiao gutumye mu buzima bwe mu mikino 59 yakinnye atsindwa irindwi akanganya ibiri mu gihe Horn we mu mikino 17 amaze gukina ataratsindwa ariko yanganyije inshuri imwe.
Imibare y’ibyavuye muri uyu mukino igaragaza ko mu bipfunsi 92 Horn yateye muri byo 73 byari bikomeye.
Pacquiao yaherukaga gutsindwa na Floyd Mayweather ukomoka muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu mukino wahenze kurusha indi yose mu mateka y’isi aho ubarirwa miliyoni zisaga 300 z’amadolari ya Amerika, no kurebwa n’abantu bari hagati ya Miliyoni 2,5 na miliyoni 3 muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
2,173 total views, 1 views today

BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
AMASO ARARYA INDA IGASONZA KURI NOHELI AMASO YAWE YEREKE IBYIZA,UKWEYE KUREBA ABA BAKOBWA BEZA WASHAKA GUPFA
Amateka y’Umukecuru wabanye n’Umwami Kigeli V akabana na Gen Fred Rwigema na Perezida Kagame ari mu batangije ishuri ry’Umuco
Itohoza :Abanyarwanda baba mu mahanga bakomeje gusebya Leta y’u Rwanda bitwikiriye politiki n’uburenganzira bwa muntu
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Uburyo ibiciro by’ingendo mu gihugu hose biteye nyuma yo kuzamurwa na RURA
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Leave a reply