Espoir FC yatsinze Rayon Sports
— June 26, 2017
Please enter banners and links.

Mu mukino ubanza guhatanira kujya ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro wahuje Espoir FC na Rayon Sport kuri stade ya Rusizi kuri iki Cyumweru tariki ya 25 Kamena 2017, warangiye Abanyarusizi mu rugo beretse Masoudi Djuma ko amazi atakiri ya yandi bamutsinda ibitego bibiri ki busa.
Mbere yo kujya i Rusizi kuwa Gatanu, Rayon Sports yagize ibibazo bitandukanye by’abakinnyi bavugaga ko barwaye barimo myugariro Manzi Thierry na Mugabo Gabriel, na Nshuti Savio Dominique ukina asatira izamu ndetse n’Umurundi Nahimana Shassir akaba ari yagiye iwabo avuga ko arwaje umwana byatumye ijyana abakinnyi 15 gusa mu gihe ubundi amategeko agena 18.
Umukino watangiye Rayon Sports ihererekanya neza gahati mu kibuga ku basore nka Kwizera Pierrot, Nova Bayama na Manishimwe Djabel gusa bidatinze Espoir FC yakiniraga imbere y’abafana bayo no ku kibuga imenyereye cyane, yahise ihindura umukino ndetse ku munota wa 14 ifungura amazamu ku gitego cya Bakundukize Adolphe.

Abafana ba Espoir barimo kwishimira intsinzi

Abafana ba Rayon Sports

Iki gitego cyavuye ku makosa ya myugariro wa Rayon Sports Munezeri Fiston no guhagarara nabi kwa Ndayishimiye Eric Bakame, cyongereye Espoir FC imbaraga nyuma y’iminota ibiri ibona ubundi buryo bwari bwabazwe aho Wilondja yahererekanyije neza na Bakundukize ariko Bakame aragoboka.
Rayon Sports yasaga n’itari mu mukino yakomeje guhushwa uburyo butandukanye ndetse habura iminota itanu ngo igice cya mbere kirangire, Moninga Wa Lusambo uzwi ku izina rya Keita yashyizemo icya kabiri ku mupira wari uvuye kuri koruneli yatewe na Nyandwi Saddam.
Igice cya kabiri cyaranzwe n’ubushyamirane aho ikipe ya Rayon Sports yifuzaga kwishyura ariko birayangira ndetse na Espoir yashatse kongeramo ibindi bitego ariko ntibyayihira umukino urangira ari ibitego 2-0.
Abakeba ba Rayon Sports batangiye kuvuga ko ibonye urwitwazo ko yarwaje abakinnyi n’ubwo abafana na Rayon Sports FC bavuga ko bazihorera I Kigali n’ubwo bitazayorohera.
Kuri uyu wa Mbere, mu wundi mukino APR FC irasura Amagaju FC i Nyamagabe aho ikipe y’ingabo z’igihugu isabwa kwitwara neza dore ko kwegukana igikombe cy’Amahoro ari bwo buryo bwonyine buzatuma isohokera u Rwanda umwaka utaha mu gihe Amagaju FC na yo yifuza gushimisha abafana bayo agera ku mukino wa nyuma bwa mbere mu mateka.
Imikino yo kwishyura izaba ku wa Gatatu Rayon Sports yakiriye Espoir FC kuri stade ya Kigali i Nyamirambo, mu gihe APR FC izakira Amagaju FC bukeye bwaho, kuwa Kane. Umukino wa nyuma uzaba tariki 4 Nyakanga ukazahuza amakipe abiri azaba yabashije gukomeza.
2,687 total views, 1 views today

BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
AMASO ARARYA INDA IGASONZA KURI NOHELI AMASO YAWE YEREKE IBYIZA,UKWEYE KUREBA ABA BAKOBWA BEZA WASHAKA GUPFA
Amateka y’Umukecuru wabanye n’Umwami Kigeli V akabana na Gen Fred Rwigema na Perezida Kagame ari mu batangije ishuri ry’Umuco
Itohoza :Abanyarwanda baba mu mahanga bakomeje gusebya Leta y’u Rwanda bitwikiriye politiki n’uburenganzira bwa muntu
Ikipe ya Newcastle Utd mu batoza 4 ishaka Gerrard ashobora guhabwa amahirwe yo kuyitoza kurusha Konte
Real Madrid itomboye Liverpool umukino ushobora kubamo kwihorera naho Bayern itombora PSG ,Menya uko izindi zatomboranye
Amashuri 400 azaberamo imikino izahuza abafite ubumuga bwo mu mutwe n’abataramugaye hamaze kuboneka 30
Gerrard Houllier watoje Liverpool n’u Bufaransa yitabye Imana ku myaka 73
Mukakarangwa Francisca na Batamuriza Esther baratabaza Perezida Kagame, Ya mitego Bamporiki yavuze igeze muri RCA aho umuyobozi wayo yateze abantu 12 ashaka ko bajya Mageragere gufungwa barengana.
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Biravugwa ko bamwe mu banyarwanda bari barashoye imari muri Uganda byabakomeranye bagiye kujyanwa mu Nkiko kubera imitungo
Leave a reply