umu amakuru- Guhanga gukomeye cyane hagati ya Rayon Sports na APR FC ku munsi wo gutanga igikombe | Umusingi

Guhanga gukomeye cyane hagati ya Rayon Sports na APR FC ku munsi wo gutanga igikombe

Please enter banners and links.

Mu Rwanda ubu haravugwa guhangana gukomeye hagati y’amakipe y’abakeba Rayon Sports na APR FC ku munsi wo guha Rayon Sports igikombe cyayo.

Ubu Rayon Sports iravuga ko yifuza ko ihabwa igikombe cya Shampiyona ya 2016/2017 ku mukino ifitanye na APR FC kugirango izayikomere amashyi mu gihe APR FC ivuga ko itakomera mukeba wayo amashyi kandi hari undi mukino cyeretse ariwo wonyine usigaye.

Bamwe mu bafana ba Rayon Sports bo icyo bashaka ni ukubona ikipe y’igihangange APR FC ariyo ikomera amashyi Rayon Sports kandi n’abafana ba APR FC bakavuga ko badashobora gukomera abakinnyi ba Rayon Sports amashyi ikipe bavuga ko batayikomera amashyi kubera guhora bahanganye.

Abakinnyi ba Rayon Sports FC

Bimwe mu bitangazamakuru byo mu Rwanda kuri uyu wa 26 Gicurasi 2017 byavuze ko FERWAFA ivuga ko igikombe Rayon Sports izagihabwa ku wundi mukino uzakurikira uwo Rayon Sports yari kuzakinana na APR FC.

APR FC

Rayon Sports ivuga ko nibatayiha igikombe cyayo ku mukino wayo na APR FC igikombe itazagitwara ariko benshi bakaba bavuga ko ibyo ari amagambo y’abafana kuko nta kipe iranga igikombe mu mateka y’umupira w’amaguru mu Rwanda.

Umwe mu bafana ba APR FC yagize ati “igikombe n’amafaranga bayanga gute se?ibyo n’ibyo abafana bivugira kubera amaranga mutima yabo”.

Abandi bantu batandukanye bamaze kumva ibivugwa ko Rayon Sports nidahabwa igikombe ku mukino wayo na APR FC igikombe itazakemera bakavuga ko ibyo ari ukubeshya kuko Miliyoni zirenga Miliyoni 20 nta kipe yabyanga.

Ndayambaje F

3,277 total views, 1 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.