umu amakuru- Lionel Messi yatsinzwe mu rubanza rw’ubujurire bw’igifungo cy’amezi 21 | Umusingi

Lionel Messi yatsinzwe mu rubanza rw’ubujurire bw’igifungo cy’amezi 21

Please enter banners and links.

Lionel Messi ukinira  FC Barcelona yatsinzwe mu Rukiko rw’Ikirenga mu rubanza yari yajuririyemo igifungo cy’amezi 21 yakatiwe kubera kunyereza imisoro.

Tariki 21 Mata uyu mwaka nibwo Messi na se umubyara, Jorge, bari bakatiwe igifungo cy’amezi 2, Messi anacibwa miliyoni 1.75 z’ama-Euro naho se acibwa miliyoni 1.3 z’ama-Euro bahamijwe ibyaha byo kunyereza imisoro hagati y’umwaka wa 2007 na 2009.

Aba bombi bari bajuririye iki gihano mu Rukiko rw’Ikirenga bagaragaza ko barenganye, ariko kuri uyu wa Gatatu, Urukiko rw’Ikirenga na rwo rwabahamije ibyaha ndetse rwemeza ko ibihano bahawe bigumaho.

Gusa uyu mukinnyi umaze kwegukana ibihembo by’umukinnyi mwiza ku Isi inshuro eshanu, ashobora kutazajya muri gereza kuko mu mategeko yo muri Espagne hateganyijwe ko igihano kiri munsi y’imyaka ibiri uwagihawe adashijwa kumena amaraso, gishobora kwishyurwa amafaranga.

Umushinjacyaha yerekanye ko se wa Messi ari nawe ushinzwe kureberera inyungu ze, yakoreshaga amasosiye yo mu bihugu bya Uruguay, u Busuwisi na Belize mu rwego rwo kugabanya imisoro, mu myaka ibiri banyereza agera kuri miliyoni 3.6 z’ama-Euro.

Mu gihe yireguraga, Messi yakunze kuvuga ko nta kintu na kimwe azi ku bijyanye n’umutungo we ahubwo ko ibyo aregwa byabazwa abashinzwe kumureberera inyungu, barimo na se umubyara.

Umubyeyi wa Messi we yasobanuye ko ibyo yakoze atari azi ko binyuranyije n’amategeko kuko yabanje kuvugana n’umujyanama mu by’amategeko amubwira ko nta kibazo biteye.

 

2,447 total views, 1 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.