Ibibazo by’amikoro mu makipe yo mu Rwanda si inkuru nshya nubwo uyu mwaka Sunrise FC isa n’aho yaje ku isonga mu zibasiwe cyane n’iki kibazo bigera n’aho abakinnyi banga kujya mu kibuga ubwo iyi kipe yari igiye guhura na APR FC muri 1/8 cy’igikombe cy’Amahoro babanza kwemererwa ibihumbi 100.
Sunrise FC ijya kuva mu maboko y’Intara igahabwa Akarere ka Nyagatare ariko kayisabye, byavugwaga ko igiye kuba imwe mu makipe akomeye mu gihugu, ijya ku isoko mpuzamahanga izana abakinnyi n’umutoza bakomoka muri Nigeria, gusa byose birangira umusaruro ubaye inzozi.
Mu kiganiro IGIHE yagiranye n’Umuyobozi w’aka Karere, Mupenzi George, yemeye ko uyu mwaka utabaye mwiza nk’uko babyifuzaga kubera ibibazo bitandukanye byaje bibatunguye ariko ngo umwaka utaha Sunrise FC izaba ari ikipe itandukanye n’iyo abantu babonye.
Yagize ati “Nyagatare ni Akarere gakomeye nubwo kagira ibibazo by’izuba ariko gatuwe n’abaturage benshi kandi bafite ubushobozi. Hari ibiba bitagenze neza gusa ndakwizeza ko bizarangira ikipe ikabaho neza kandi ikagira umwanya mwiza uhoraho.”
Yakomeje agira ati “Ingamba zihari ni ukugira ngo ikipe ibe iy’abaturage, ishingire ku baturage yaba abari muri Nyagatare n’abari hanze yaho. Turashaka ko umwaka utaha tuzaba dufite abakinnyi beza, abayobozi beza, amikoro ahagije kandi umusaruro uzaboneka.”
Ku bijyanye n’abakinnyi barangije amasezerano bashobora kuyisohokamo barangajwe imbere na kapiteni Serumogo Ally wifuzwa na Rayon Sports, Mupenzi yavuze ko uzaba ashaka kugenda bazamureka ariko bagashaka umusimbura na we uri ku rwego rwiza wagira ibyo afasha ikipe.
Yanavuze ko nubwo umutoza Cassa Mbungo André yamaze gutangaza ko ashobora kutazagumana n’iyi kipe, bo ngo bafite icyizere ko ibiganiro bazagirana bizatuma yemera kuyigumamo.

Misiyo rukokoma yo kwica Perezida Museveni no kuroga abayobozi bakomeye muri Leta (Vidiyo)
INKUBIRI Y’IMYIGARAGAMBYO Y’ABATAVUGARUMWE NA LETA Y’URWANDA IKOMEJE GUFATA INDI NTERA
Kuki Perezida Kahame akivuga kuri Gen Kayumba Nyamwasa nyuma y’imyaka 16 yarahunze Igihugu?(Reba Video)
Umunyamakuru akaba n’umuhanzi YAGO wahungiye muri Uganda yasabye imbabazi umuvugizi wa RIB
Umukozi wa ABASIRWA INNOC Bahati afatanije na Visi Perezida Muhizi barashaka kwiba Ishyirahamwe, Ibikoresho byo byamaze kwibwa(RIB) Nitabare
Sunrise FC yahuye n’ibibazo by’urusobe uyu mwaka, izagaruka ubutaha ari nshya
Ikipe ya Newcastle Utd mu batoza 4 ishaka Gerrard ashobora guhabwa amahirwe yo kuyitoza kurusha Konte
Real Madrid itomboye Liverpool umukino ushobora kubamo kwihorera naho Bayern itombora PSG ,Menya uko izindi zatomboranye
Amashuri 400 azaberamo imikino izahuza abafite ubumuga bwo mu mutwe n’abataramugaye hamaze kuboneka 30
Gerrard Houllier watoje Liverpool n’u Bufaransa yitabye Imana ku myaka 73
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Leave a reply