umu amakuru- Sunrise FC yahuye n’ibibazo by’urusobe uyu mwaka, izagaruka ubutaha ari nshya | Umusingi

Sunrise FC yahuye n’ibibazo by’urusobe uyu mwaka, izagaruka ubutaha ari nshya

Please enter banners and links.

Umwaka wa mbere wa Sunrise FC ikuwe mu maboko y’Intara y’Uburasirazuba igahabwa Akarere ka Nyagatare, waranzwe n’ihuzagurika mu mikoro, kudahemba abakinnyi, imirire igoranye rimwe na rimwe, kwirukana umutoza, umusaruro mubi mu kibuga gusa ngo umwaka utaha izagaruka ari indi nshya.

Ibibazo by’amikoro mu makipe yo mu Rwanda si inkuru nshya nubwo uyu mwaka Sunrise FC isa n’aho yaje ku isonga mu zibasiwe cyane n’iki kibazo bigera n’aho abakinnyi banga kujya mu kibuga ubwo iyi kipe yari igiye guhura na APR FC muri 1/8 cy’igikombe cy’Amahoro babanza kwemererwa ibihumbi 100.

Sunrise FC ijya kuva mu maboko y’Intara igahabwa Akarere ka Nyagatare ariko kayisabye, byavugwaga ko igiye kuba imwe mu makipe akomeye mu gihugu, ijya ku isoko mpuzamahanga izana abakinnyi n’umutoza bakomoka muri Nigeria, gusa byose birangira umusaruro ubaye inzozi.

Mu kiganiro IGIHE yagiranye n’Umuyobozi w’aka Karere, Mupenzi George, yemeye ko uyu mwaka utabaye mwiza nk’uko babyifuzaga kubera ibibazo bitandukanye byaje bibatunguye ariko ngo umwaka utaha Sunrise FC izaba ari ikipe itandukanye n’iyo abantu babonye.

Yagize ati “Nyagatare ni Akarere gakomeye nubwo kagira ibibazo by’izuba ariko gatuwe n’abaturage benshi kandi bafite ubushobozi. Hari ibiba bitagenze neza gusa ndakwizeza ko bizarangira ikipe ikabaho neza kandi ikagira umwanya mwiza uhoraho.”

Yakomeje agira ati “Ingamba zihari ni ukugira ngo ikipe ibe iy’abaturage, ishingire ku baturage yaba abari muri Nyagatare n’abari hanze yaho. Turashaka ko umwaka utaha tuzaba dufite abakinnyi beza, abayobozi beza, amikoro ahagije kandi umusaruro uzaboneka.”

Ku bijyanye n’abakinnyi barangije amasezerano bashobora kuyisohokamo barangajwe imbere na kapiteni Serumogo Ally wifuzwa na Rayon Sports, Mupenzi yavuze ko uzaba ashaka kugenda bazamureka ariko bagashaka umusimbura na we uri ku rwego rwiza wagira ibyo afasha ikipe.

Yanavuze ko nubwo umutoza Cassa Mbungo André yamaze gutangaza ko ashobora kutazagumana n’iyi kipe, bo ngo bafite icyizere ko ibiganiro bazagirana bizatuma yemera kuyigumamo.

2,455 total views, 1 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.