umu amakuru- Breaking News:Abayobozi 3 bo muri ADEPR bafunzwe na polisi | Umusingi

Breaking News:Abayobozi 3 bo muri ADEPR bafunzwe na polisi

Please enter banners and links.

Amakuru agera ku kinyamakuru Umusingi muri iki gitondo cyo kuwa 3 Gicurasi 2017 aravuga ko abayobozi batatu mu Itorero rya Pentekote mu Rwanda, ADEPR, batawe muri yombi na Polisi y’Igihugu bakurikiranyweho gucunga nabi umutungo waryo.

Ikinyamakuru Umusingi cyashatse kumenya niba ayo makuru yifungwa ry’abayobozi 3 bakomeye muri ADEPR maze kibaza Umuvugizi wa Polisi y’Igihugu, ACP Theos Badege maze  yemeza ko ayo makuru ariyo ko hafunzwe abayobozi 3.

Ati “ Hari batatu bafunzwe. Hari Eng. Sindayigaya Theophile;Umuyobozi Mukuru ushinzwe Imari, Gasana Valens n’uwitwa Mutuyemariya Christine ushinzwe ubutegetsi n’Imari. Bafungiye ibyo gucunga nabi umutungo.”

Umwe mu barwanya ubutegetsi bwa ADEPR utashatse ko amazina ye atangazwa yahamagaye Ikinyamakuru Umusingi n’ibyishimo byinshi ati “amakuru wayamenye se?byakomeye muri ADEPR ba bantu bakomeye bo hejuru mu buyobozi bamwe bafunzwe”.

Hashize igihe havugwa intambara y’amagambo ndetse no guhangana muri ADEPR ku buryo hari abavuye muri iryo torero bagashinga iryabo abandi n’abitwa Nzahura torero n’abandi bapasitori nabo bishyizehamwe bashaka gukuraho ubuyobozi bwa ADEPR babushinja ibyaha bitandukanye birimo gucunganabi umutungo w’Itorero.

Ikinyamakuru Umusingi cyashatse kubaza umuvugizi mukuru wa ADEPR Bishop Sibomana Jean ariko Telephone ye idacamo.

Gatera Stanley

 

 

2,943 total views, 1 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.