umu amakuru- Emre Can yaraye atsinze igitego cy’umwaka ubwo Liverpool FC yatsindaga Watford | Umusingi

Emre Can yaraye atsinze igitego cy’umwaka ubwo Liverpool FC yatsindaga Watford

Please enter banners and links.

Umukinnyi ukina hagati mu ikipe ya Liverpool FC  Emre Can yaraye atsinze igitego cyavugishije benshi ndetse bimwe mu bitangazamakuru bikomeye muri siporo nka Thedailymail byavuze ko ari igitego cy’umwaka.

Emre Can

N’umukino wari ukomeye ku mpande zombi wabaye Kuwa 1 Gicurasi 2017  ariko Liverpool ikaba yatsinze igitego kimwe gusa ikomeza kuguma ku mwanya wa 3 mu gihe urugamba rwo guhatanira igikombe no kuza muri 4 za mbere rukomeje mu gihugu cy’Ubwongereza muri Primiership.

Abo nabagiye batsinda ibitego byiza cyane

Liverpool yagize amanota 69 mu gihe Man city iyikurikiye ku mwanya wa 4 ifite amanota 66 naho Man United ifite 65 naho Arsenal iri ku mwanya wa 6 ifite amanota 60 ,iya mbere ikaba ari Chelsea ifite amanota 81 mu gihe Spurs ari iya 2 ifite 77.

Haravugwa byinshi bamwe bati Arsenal byanze bikunze izazamo abandi bati ntizazamo kimwe na Man United ariko imibare igaragaza ko Liverpool yo uko byagenda kose izaza muri 4 za mbere.Mu gihe hasigaye imikino 4 gusa kugirango shampiyona irangire.

Mu bakinnyi batsinze ibitego byiza iyi sezo harimo Emre Can waraye atsinze Watford igitego kiza cyane ndetse n’abandi bakinnyi barimi  Henrikh Mkhitaryan ,Olivier Giroud , Andy Carroll na  Jordan Henderson bose batsinze ibitego byiza byavuzweho cyane.

Ndayambaje F

2,307 total views, 1 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.