umu amakuru- Urwego rw’iteganyagihe rwahagurukiye ubukangurambaga mu kumenyekanisha amakuru ajyanye n’igihe | Umusingi

Urwego rw’iteganyagihe rwahagurukiye ubukangurambaga mu kumenyekanisha amakuru ajyanye n’igihe

Please enter banners and links.

Kuwa 27 Mata 2017 muri Classic hotel Kicukiro habereye ikiganiro n’abanyamakuru cyateguwe n’urwego rushinzwe ibijyanye n’iteganyagihe (Meteo) n’ikigo gishinzwe ubumenyi bw’ikirere ,ikiganiro kigamije gukora ubukangurambaga ku iteganyagihe.

Umuyobozi w’ishami rishinzwe iteganyagihe mu kigo gishinzwe ubumenyi bw’ikirere Bwana Twahirwa Anthony yabwiye abanyamakuru ko bifuza gukora ubukangurambaga kugirango abantu bamenye amakuru ajyanye n’ikirere binyuze mu bitangazamakuru bitandukanye.

Uru rwego rwakunze kunengwa cyane ku makuru y’ikirere cyane cyane abahinzi baba bakeneye kumenya amakuru y’ikirere kugirango bashobore guhingira ku gihe ndetse bagire umusaruro mwiza.

Nyuma y’ibyavuzwe byose ubu Twahirwa Anthony akaba yifuza ko buri muturage wese yamenya amakuru y’ikirere kuko ubushobozi bwo kubagezaho amakuru y’iteganyagihe buhari.

Twahirwa yagize ati “inzira nziza yo kugeza ku baturage amakuru y’iteganyagihe irahari ni ugukorana n’itangazamakuru kuko niryo jwi rigera kure kandi kuri benshi bityo rero tukaba dushaka gukorana n’itangazamakuru mu gukora ubukangurambaga bw’iteganyagihe”.

Yasobanuriye abanyamakuru uburyo babona amakuru y’iteganyagihe hakoreshejwe ikoranabuhanga ndetse nandi makuru yose ajyanye n’ikirere.

Ni urwego rufite inshingano zikomeye ku buzima bw’abaturage mu bindi bihugu ariko mu Rwanda usanga amakuru y’iteganyagihe avugwa gake cyane ndetse no mu itangazamakuru iki kigo kivugwa gake kandi amakuru y’itegenyagihe aba akenewe cyane haba ku bahanzi cyangwa abandi bantu.

Ntwari Nathan umuyobozi mu kigo cy’igihugu cy’itangazamakuru (MHC)muri iyo nama yavuze ko bazakorana n’ikigo cy’igihugu gishinzwe ibijyanye n’ikirere mu guhugura abanyamakuru n’uburyo bwo gutangaza mu bitangazamakuru byabo inkuru zijyanye n’iteganyagihe.

Twahirwa yasabye abanyamakuru ko nabo bashyiraho akabo nubwo nta mafaranga ahagije bafite yo guha ibitangazamakuru ariko nabo bagatanga umwanya wo gutangaza amakuru y’iteganyagihe.

Gatera Stanley

2,088 total views, 1 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.