Samuel wayoboraga ADEPR yahunze igihugu
— March 3, 2017
Please enter banners and links.

Amakuru aturuka mu bakirisito mu Itorero rya ADEPR avuga ko uwahoze ayobora iryo torero Usabwimana Samuel yagize ubwoba ahunga igihugu.
Amakuru atangazwa n’inshuti za Samuel avuga ko yahungiye mu gihugu cy’Ububiligi aho yatinyaga ko azafungwa kubera ibyaha ashinjwa.
Mu bikomeye ashinjwa harimo amafaranga yashyizwe mu kigega CICO arenga Miliyoni Magana ane yose yaburiwe irengero n’ubwo icyo kibazo bakitanaho ba mwana n’ubuyobozi bwa ADEPR.
Umwe mu nshuti za Usabwimana Samuel utarashatse ko amazina ye atangazwa yabwiye Ikinyamakuru Umusingi ko Samuel akiri umuyobozi wa ADEPR yakoranaga na FDRL ndetse ayo makuru akemeza ko ariyo ibyo byose bikaba byaramuteye ubwoba ahitamo guhungira mu gihugu cy’Ububiligi aho yasanzeyo Nsanzurwimo nawe wayoboyeho ADEPR ufiteyo n’urusengero.
Abasimbuye Samuel bamushinjaga gukorana na FDRL ku buryo byanditswe kenshi mu bitangazamakuru bitandukanye ndetse amaze kuvaho uyu musaza yabujijwe gusengera ku rusengero rukuru biteza umwuka mubi bitewe n’uburyo Abakirisitu bamukundagamo cyane.
Amakuru avuga ko hari inshuti ze ziba I Burayi bamugiriye inama ko naguma mu gihugu amaherezo bazamufunga bityo agira ubwoba ariruka arahunga.
Ikinyamakuru Umusingi cyagerageje gushakisha uko cyavugana na Usabwimana Samuel kuri Telephone igendanwa ariko ntibyakunda tukaba tuzabagezaho inkuru irambuye nyuma yo kumuvugisha kuko tuzamuvugisha uko byagenda kose.
Itorero rya ADEPR hashize igihe kirekire rivugwamo ibibazo bitandukanye kutumvikana ndetse ku buryo hari abitandukanije nabo bitwa Nzahuratorero ndetse n’abandi bahagarariwe na Modeste Uwabimfura na Mitsindo n’abandi ba Pasiteri birukanywe .
Leta ikwiye kureba uburyo yakemura iki kibazo kuko uko iminsi ishira niko havuka ibibazo urugero nka Nzahuratorero imaze gukwira igihugu cyose.
Rwego Tony
3,880 total views, 1 views today

TURASHAKA KO ABATERA NKUNGA NA LETA BAMENYA AMANYANGA YA INNOC BAHATI WIBYE IMITUNGO YA ABASIRWA
UMURIRO UGIYE KWAKA, FRANK GASHUMBA ATEGETSWE KUTONGERA KWITA UMWANA WE RWABUGIRI
KARABAYE NONEHO MUSEVENI AZANYE AMAJWI Y’ABAPFUMU KADAGA YARAGIYE KUMUROGA NA GEN SALEH NA MUHOOZI(Vedio)
BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Reba aya amafoto meza 44 utazapfa utayarebye uburyo agaragaza ubunya Afurika bw’umwimerere
Isimbi Noeline uzwiho kwifotoza yambaye ubusa yongeye gutungura abantu asohora andi mafoto nyuma y’igihe atavugwa mu itangazamakuru
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
2 Comments
Ntimukabeshyere Umukozi W’imana Ikibatera Kuvuga Ibyobyose Turakizi Samuel Wacu Yari Umuyobozi ukijijwe Kandi Akunda Abakristu be Ureke ibisahiranda ADEPER We Genda Warahombye nako warapfuye kuzuka ntibizapfa kugukundira
Uyu MUrongeye muramwibutse?? Muramushakaho iki kweri???? Koko, murashaka kumurega ko yakoze Jenoside yakoreye abatutsi kubera ko mwarangije kumushinja gukorana na FDLR…..
MUMUHE AMAHOROOOOOO