umu amakuru-  Abarundi 12 bafatiwe mu Rwanda bajyanywe gucuruzwa | Umusingi

Abarundi  Abarundi 12 bafatiwe mu Rwanda bajyanywe gucuruzwa

Please enter banners and links.

Abarundi

 

Polisi y’u Rwanda n’Urwego rushinzwe abinjira n’abasohoka Kuwa 24 Mutarama 2017 bafashe abantu 12 bafite ubwenegihugu bw’u Burundi bari bajyanywe gucuruzwa mu bihugu bya Aziya banyujijwe mu Rwanda.

Aba bantu barimo umugabo umwe, bafatiwe ku mupaka w’Akanyaru ubwo bambukaga baza mu Rwanda ku italiki ya 10 Mutarama uyu mwaka;  batatu bakekwa , ni  umurundi n’abanyakenya babiri barimo umugore nabo  bafashwe kuri uwo munsi.

_DSC0228

Avugana n’itangazamakuru , ku cyicaro gikuru cya Polisi ku Kacyiru, ubwo abakekwa berekanwaga, umukobwa umwe mu bari bajyanywe gucuruzwa w’imyaka 22 y’amavuko, yavuze ko yegerewe n’umwe muri aba banyakenya amwizeza ko ashobora kumubonera akazi kamuhemba neza muri Oman.

Uyu mukobwa wiga mu wa gatanu w’amashuri yisumbuye yagize ati:”Sinarinzi ko hari abandi babwiwe nk’ibyo ariko tugeze ku Kanyaru nibwo nahahuriye n’abandi tugomba gufatanya urugendo.”

Yongeyeho ati:” Mvugishije ukuri, sinigeze menya ko habaho icuruzwa ry’abantu, nabimenye bwa mbere ubwo badufatiraga ku mupaka, ubwo abayobozi bo mu Rwanda badusobanuriraga uburyo rikorwa n’ingaruka zivamo kandi koko bikaba bisa n’uburyo bwankoreshwejweho ubwo nizezwaga ibitangaza n’umuntu kandi akanyihanangiriza ko ningira uwo mbibwira bizaba bitakibaye.”

Abenshi muri aba bari bajyanywe, bavuga ko batigeze bahura n’abagomba kubaha akazi ko bavuganaga kuri telefone nyuma yo guhuzwa n’uriya mugabo we babonaniye I Bujumbura.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda wungirije, CSP Lynder Nkuranga yavuze ko aba bafashwe nyuma yo gukekwa kuko mu bibazo babajijwe ku mupaka, byagaragaye ko batazi neza aho bagiye.

CSP Nkuranga yagize ati:”Byatumye abashinzwe umutekano ku mupaka bakurikirana maze bafata abantu batatu bakekwa kuba babiri inyuma. Umwe yari abaherekeje abakuye I Bujumbura mu gihe abandi banyakenya babiri bari babategerereje  ku ruhande rw’u Rwanda.”

Abantu bari bajyanywe bagombaga kunyura mu Rwanda, Uganda na Kenya, aho bamwe bari babwiwe ko bahita bajyanwa muri Arabiya Sawudite abandi muri Katari.

Aha akaba yagize ati:” Icuruzwa ry’abantu, ryaba kuri umwe cyangwa benshi “ntiryihanganirwa kandi ni umurongo utukura mu Rwanda”; ingaruka ni zimwe haba ku munyarwanda cyangwa umunyamahanga uzagerageza gutwara abanyarwanda cyangwa gukoreshwa u Rwanda nk’inzira y’ubu bucuruzi.”

Ingingo ya 250 mu gitabo cy’amategeko ahana mu Rwanda , mu gika cyayo cya mbere, ivuga ko, Icuruzwa ry’abantu ari ibikorwa bihindura umuntu igicuruzwa bijyanye no gushakisha cyangwa kwimurira umuntu ahandi mu gihugu cyangwa mu mahanga hakoreshejwe uburiganya, ibikangisho, imbaraga cyangwa agahato, ububasha ubikora aba amufiteho, akenshi hagamijwe kumwangiriza ubuzima cyangwa kumubyaza inyungu zitemewe akoreshwa mu biterasoni, mu buraya, mu bikorwa binyuranyije n‟amategeko, mu bisa n‟ubucakara, kumwica urubozo no kumukorera urugomo ndengakamere cyangwa kumukoresha imirimo yo mu rugo nk’umuja, hishingikirijwe intege nke umuntu afite zikomoka ku bibazo afitanye n‟ubuyobozi, ku gutwita k‟umugore wibana, indwara, ubumuga n‟ibindi bibazo byatuma umuntu muzima akora icyo atatekereje.

Icuruzwa ry’abantu rikaba  rihanishwa igifungo kuva ku myaka irindwi kugeza ku icumi n’ihazabu irengeje mliyoni icumi z’amanyarwanda nk’uko biteganywa n’ingingo za 251 na 253 .

Ariko iyo iki cyaha cyakozwe mu buryo bwambukiranya imipaka, igifungo kiba hagati y’imyaka 10 na 15 n’ihazabu iri hagati ya miliyoni 10 na 15 z’amafaranga y’u Rwanda.

Muri Nyakanga umwaka ushize, Polisi y’u Rwanda nanone yafashe abarundi batatu bari bajyanywe muri Arabiya Sawudite bacishijwe mu Rwanda.

Nyuma yaho gato muri Nzeli, abanyarwanda  28 batabariwe  I Burundi bajyanywe muri Ositarariya.

Nibura abanyarwanda 30 barimo 23 b’igitsinagore  nibo batabawe mu mwaka wa 2015, bakuwe mu bihugu bacurujwemo cyangwa bagafatwa batarakurwa mu Rwanda.

Source /RNP

 

2,822 total views, 1 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.