umu amakuru-  Ikipe ya Liverpool Fc yatsinze Barcelona ibitego 4-0 ikimenyetso kuri Arsenal zizahura ku Cyumweru gitaha. | Umusingi

13932924_10154551174377573_1389711355326423265_n  Ikipe ya Liverpool Fc yatsinze Barcelona ibitego 4-0 ikimenyetso kuri Arsenal zizahura ku Cyumweru gitaha.

Please enter banners and links.

13932924_10154551174377573_1389711355326423265_n

 

Ikipe ya Liverpool FC Kuri uyu wa 6 Kanama 2016 yatsinze ikipe ya Barcelona FC ibitego 4 ku busa umukino wa gishuti wabereye I Wembley .

Saido Mane Liverpool yaguze Miliyoni 32 muri Southampton  akaba ariwe watsinze igitego cya mbere nanone atera umupira myugariro wa Barcelona Mascherano aba yitsinze igitego cya 2.

Mu gice cya 2 nibwo Divock Origi yashyizemo icya 3 ku munota wa nyuma Marko Grujic nawe waguzwe uyu mwaka abatsinda igitego cyitwa Lara salama.

Uku gutsinda kwa Liverpool abenshi bemeje ko iyi kipe ikomeye ndetse uyu mukino ukaba wahskaga kwereka abafana ba Arsenal ko Arsenal ariyo itahiwe gutsindwa dore ko ariyo zizahura mu mukino wa Shampiyona izatangira Kuwa gatandatu utaha.

Umutoza wa Barcelona Fc Luis Enrique yagize ati “tubonye ikipe 2 zitandukanye ariko Liverpool yaturushije cyane ariko turacyafite igihe cyo kwisubiraho tukagira ikipe yatsinda amarushanwa yose kandi tuzabigeraho”.

Umutoza wa Liverpool Fc Jurgen Klopp we yagize ati “twakinnye neza ariko ntitwavuga ko turi hejuru ya Barcelona ariko nta nubwo turi hasi yayo icyangombwa ni uko twakinnye neza umupira tugatsinda”.

Ndayambaje F

2,975 total views, 1 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.