Sadio Mané uvugwa mu rukundo na Kate Bashabe yatowe nk’umukinnyi mwiza wa 2019 muri Afurika
— January 8, 2020
Please enter banners and links.

Umunya-Sénégal Sadio Mané ukinira Liverpool yo mu Bwongereza yatowe nk’umukinnyi mwiza w’umwaka wa 2019 muri Afurika ahigitse Umunya-Misiri Mohamed Salah bakinana ndetse n’Umunya-Algérie Riyad Mahrez ukinira Manchester City.
Umuhango wo gutanga ibihembo by’abakinnyi bitwaye neza mu mwaka ushize ku Mugabane wa Afurika wabaye kuri uyu wa Kabiri tariki ya 7 Mutarama 2020 i Hurghada mu Misiri; wayobowe na Samuel Eto’o Fils wabaye umukinnyi ukomeye mu makipe y’i Burayi na Cameroun ndetse akaba yaratowe nk’umukinnyi mwiza muri Afurika inshuro enye.
Muri uyu muhango witabiriwe n’abashyitsi batandukanye barimo na Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, Sadio Mané w’imyaka 28, yegukanye iki gihembo ku nshuro ya mbere n’amajwi 477.


Yahigitse Umunya-Misiri Mohamed Salah bakinana muri Liverpool, we wacyegukanye mu nshuro ebyiri ziheruka, ubu akaba yagize amajwi 325 kimwe n’Umunya-Algerie Riyad Mahrez wagitwaye mu 2016, we yagize amajwi 267.
Umukinnyi w’umwaka mu bagore, yabaye Umunya-Nigeria Asisat Oshoala w’imyaka 26, wegukanye iki gihembo ku nshuro ya kane atsinze Umunya-Cameroun Ajara Njoya Nchout n’Umunya-Afurika y’Epfo Thembi Kgatlana.


Sadio Mane na El Haji Doufu nawe wakiniye Liverpool na Kanu wakiniye Arsenal

Perezida wa TP Mazembe yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Moïse Katumbi, yashimiwe nka Perezida w’umwaka naho Ishyirahamwe ry’Umupira mu Misiri (yakiriye igikombe cya Afurika 2019) ritorwa nk’iry’umwaka.
Umutoza w’Ikipe y’Igihugu ya Algérie, Djamel Belmadi, yatowe nk’umutoza w’umwaka mu bagabo naho Diseree Ellis wa Afurika y’Epfo atorwa nk’uw’umwaka wa 2019 mu bagore.
Ikipe y’Abagore ya Cameroun yatowe nk’ikipe y’umwaka naho iy’abagabo ya Algérie yanatwaye Igikombe cya Afurika cya 2019, aba ari yo itsinda mu kindi cyiciro.
Umukinnyi ukiri muto w’umwaka yabaye Umunya-Maroc Achraf Hakimi w’imyaka 22 ukinira Borussia Dortmund mu gihe umukinnyi witwaye neza mu bakina ku Mugabane wa Afurika ari Umunya-Misiri Tarrek Hamed ukinira Zamalek SC.
Ikipe y’umwaka wa 2019 yatowe muri Afurika igizwe na André Onana, Serge Aurier, Joel Matip, Khalidou Koulibaly, Achraf Hakimi, Idrissa Gana Gueye, Riyad Mahrez, Hakim Ziyech, Mohamed Salah, Pierre Emerick Aubameyang na Sadio Mané.
4,617 total views, 3 views today

BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
AMASO ARARYA INDA IGASONZA KURI NOHELI AMASO YAWE YEREKE IBYIZA,UKWEYE KUREBA ABA BAKOBWA BEZA WASHAKA GUPFA
Amateka y’Umukecuru wabanye n’Umwami Kigeli V akabana na Gen Fred Rwigema na Perezida Kagame ari mu batangije ishuri ry’Umuco
Itohoza :Abanyarwanda baba mu mahanga bakomeje gusebya Leta y’u Rwanda bitwikiriye politiki n’uburenganzira bwa muntu
Ikipe ya Newcastle Utd mu batoza 4 ishaka Gerrard ashobora guhabwa amahirwe yo kuyitoza kurusha Konte
Real Madrid itomboye Liverpool umukino ushobora kubamo kwihorera naho Bayern itombora PSG ,Menya uko izindi zatomboranye
Amashuri 400 azaberamo imikino izahuza abafite ubumuga bwo mu mutwe n’abataramugaye hamaze kuboneka 30
Gerrard Houllier watoje Liverpool n’u Bufaransa yitabye Imana ku myaka 73
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Uburyo ibiciro by’ingendo mu gihugu hose biteye nyuma yo kuzamurwa na RURA
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Leave a reply