Liverpool yasezereye Arsenal mu mukino wabonetsemo ibitego 10 aho Arsenal yagomaba gutsinda, Man United itsinda Chelsea
— October 31, 2019
Please enter banners and links.

Liverpool yabonye itike yo gukomeza muri ¼ cy’irushanwa rya Carabao Cup, itsinze Arsenal penaliti 5-4 nyuma yo kunganya ibitego 5-5 mu mukino wa 1/8 wabaye kuri uyu wa Gatatu tariki 30 Ukwakira 2019.
Muri iri rushanwa ryahoze ryitwa League Cup,na Carling cup amakipe ahura mu mukino umwe, yanganya hagaterwa penaliti mu gihe mu myaka yashize hitabazwaga undi mukino.
Muri uyu mukino ntago habaho kubongera indi minota 30 nkuko andi marushanwa bigenda iyo amakipe anganyije habaho undi wo kwishyura cyangwa akongezwa iminota 30 bakabona kujya muri penalite muri Carabao cup iyo amakipe anganyije bahita batera penalite.
Liverpool yari yakiriye Arsenal mu mukino wa 1/8 wabereye kuri Anfield kuri uyu wa Gatatu, aho amakipe yombi yitabaje abakinnyi biganjemo abakiri bato.
Iyi kipe yari imbere y’abafana bayo, yafunguye amazamu ku gitego cyitsinzwe na Shkodran Mustafi ku munota wa gatanu mu gihe Arsenal yishyuriwe na Lucas Torreira mu gitego cyagizwemo uruhare na Mesut Özil wari wahawe umwanya, atanga umupira watewe na Bukayo Saka mbere y’uko Torreira awushyira mu izamu ku munota wa 19.
Gabriel Martinelli yatsindiye Arsenal ibindi bitego bibiri ku munota wa 26 n’uwa 36, ayiha kuyobora umukino mu gihe habura iminota itatu ngo igice cya mbere kirangire, James Milner yatsinze igitego cya kabiri cya Liverpool kuri penaliti ku ikosa Martinelli yakoreye kuri Harvey Elliott mu rubuga rw’amahina.


Umuzamu wa Liverpool akuramo penalite ya Arsenal


Origi wa Liverpool atsinda igitego cya 5 yatsinze mu minota ya nyuma

Liverpool itsinze penalite ya 5 yintsinzi
Nyuma y’iminota icyenda amakipe yombi avuye kuruhuka, Milner yatakaje umupira wafashwe na Özil, na we awuhereza Ainsley Maitland-Niles watsinze igitego cya kane cya Arsenal ariko na cyo cyishyurwa na Alex Oxlade-Chamberlain ku ishoti rikomeye yateye nyuma y’iminota ine.
Joe Willock yatsindiye Arsenal igitego cya gatanu ku munota wa 70 ndetse byashobokaga ko ikipe y’Umutoza Unai Emery yakomeza, ariko iki gitego cyishyurwa mu minota y’inyongera na Divock Origi ku mupira yahawe na Neco Williams.
Kunganya ibitego 5-5 byatumye hitabazwa penaliti maze Liverpool ikomeza itsinze 5-4, ni nyuma y’uko umunyezamu Caoimhin Kelleher w’imyaka 20, yakuyemo penaliti yatewe na Dani Ceballos abandi bose bakazinjiza.
Mu yindi mikino yabaye, Chelsea yari ku kibuga cyayo, yasezerewe na Manchester United itsinzwe ibitego 2-1. Marcus Rashford yatsinze ibitego byombi bya Manchester United kuri penaliti no ku mupira w’umuterekano wari muri metero nka 30 mu gihe Mitchy Batshuayi yari yishyuriye Chelsea.
Aston Villa na yo yasezereye Wolves iyitsinze ibitego 2-1 mu wundi mukino waraye ubaye.
Amakipe umunani yageze muri ¼ cya Carabao Cup ni: Colchester United, Leicester City, Everton, Manchester City, Oxford United, Manchester United, Liverpool na Aston Villa.
Tombora ya ½ iraba kuri uyu wa Kane tariki ya 31 Ukwakira saa 21:45.
3,798 total views, 1 views today

BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
AMASO ARARYA INDA IGASONZA KURI NOHELI AMASO YAWE YEREKE IBYIZA,UKWEYE KUREBA ABA BAKOBWA BEZA WASHAKA GUPFA
Amateka y’Umukecuru wabanye n’Umwami Kigeli V akabana na Gen Fred Rwigema na Perezida Kagame ari mu batangije ishuri ry’Umuco
Itohoza :Abanyarwanda baba mu mahanga bakomeje gusebya Leta y’u Rwanda bitwikiriye politiki n’uburenganzira bwa muntu
Ikipe ya Newcastle Utd mu batoza 4 ishaka Gerrard ashobora guhabwa amahirwe yo kuyitoza kurusha Konte
Real Madrid itomboye Liverpool umukino ushobora kubamo kwihorera naho Bayern itombora PSG ,Menya uko izindi zatomboranye
Amashuri 400 azaberamo imikino izahuza abafite ubumuga bwo mu mutwe n’abataramugaye hamaze kuboneka 30
Gerrard Houllier watoje Liverpool n’u Bufaransa yitabye Imana ku myaka 73
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Uburyo ibiciro by’ingendo mu gihugu hose biteye nyuma yo kuzamurwa na RURA
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Leave a reply