umu amakuru- Umukino wa Manchester United na Liverpool wavuzwemo kubogama kumusifuzi na VAR yakoreshwaga ku ikipe imwe gusa | Umusingi

Umukino wa Manchester United na Liverpool wavuzwemo kubogama kumusifuzi na VAR yakoreshwaga ku ikipe imwe gusa

Please enter banners and links.

Kuri iki cyumweru tariki 20 Ukwakira 2019 Manchester United na Liverpool wari wahuruje abantu benshi warangiye ikipe zombi zinganyije igitego kimwe kuri kimwe ariko havugwa ko umusifuzi yabogamiye ikipe imwe ndetse na VAR igakoreshwa ku ikipe imwe gusa.

Ikipe ya Manchester United yari mu rugo ndetse ikaba yahabwaga amahirwe yo gutsinda Liverpool kubera aya makipe kubera amateka zifitanye ariko Liverpool muri iki gihe ishaka gutwara igikombe ikaba yagerageje yitwara neza ndetse itsinda igitego VAR iracyanga cyari cyamaze kwandikwa.

Ikipe ya Manchester United niyo yabanje gutsinda igitego mu gice cya mbere ndetse byasaga nk’abamaze kwizera intsinzi ko batsinze Liverpool kubera iminota yari igeze kuri 85 aribwo Adam Lallana waje asimbuye atsinda igitego cya Liverpool naho icya Manchester United kikaba cyatsinzwe na Rashford.

Umusifuzi yakomeje gusifura Liverpool cyane ndetse agatanga amakarita y’umuhondo ku buryo byagaragaye ko yabogamiye kuri Manchester United ndetse n’igitego cya Manchester United akaba yanze gusifura ikosa umukinnyi wa Liverpool Origi yari akorewe ndetse na VAR ikaba itakoreshejwe kureba iryo kosa banga ko bishobora gutuma igitego cya Manchester United cyangwa bityo barabyihorera.

Lalalana amazi gutsinda igitego cya Liverpool

Origi akorerwa ikosa VAR ntigire icyo ivuga kandi ubundi yandika ko ari ikosa cyangwa atari ikosa

Rashford atsinda igitego cya Manchester United

Liverpool yakomeje gusatira ndetse Sadio Mane aza gutsinda igitego ariko VAR iracyanga ariho bamwe mu bafana ba Liverpool bahereye bavuga ko umusifuzi yaberaga ndetse na VAR igakoreshwa cyane kuri Liverpool kuri Manchester ntikoreshwe cyane.

Liverpool yakomeje kuyobora urutonde kuko ifite amanota 25 mugihe Manchester City zihora zihanganye ifite amanota 19 naho Manchester United ikaba ari ku mwanya wa 13.

Ndayambaje F

4,472 total views, 1 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.