Samuel Eto’o yakoze ubukwe buhenze nyuma yo kumara igihe abishaka ariko ntibikunde
— June 19, 2016
Please enter banners and links.

Icyamamare mu mupira w’amaguru Samuel Eto’o yakoranye ubukwe bw’akataraboneka n’umukunzi we w’igihe kirekire bakundana Georgette Tra lou ku wa kabiri taliki ya 14, mu rusengero rwo mu gihugu cy’Ubutaliyani.
Samuel Eto’o w’imyaka 35, wahoze ari rutahizamu ukomeye w’ikipe ya Barcelona ,Chelsea na Everton yambitse impeta y’urudashira Georgette Tra lou mu muhango w’ubukwe bwabereye muri kiliziya ya Stezzano iri mu karere ka Bergame mu bilometero 25 uvuye mu mujyi wa Milan.
Ubukwe bwa Samuel Eto’o bakunze guha akabyiniriro ka Fils,bwitabiriwe n’abantu benshi batandukanye, harimo na Carles Puyol wahoze ari kapiteni w’ikipe ya Barcelone. Hagaragayemo kandi Massimo Morrati wahoze ari nyiri Inter Milan.
Eto’o akaba yiyemeje kwambika impeta Georgette Tra Lou, bari basanzwe babana ndetse bafitanye abana 2.
Muri Uganda byaratangiye ariko sicyane ndetsa no muri Kenya ariko u Rwanda ,Burundi ntibirahagera kandi bifasha abantu kwitegura neza babona bamaze gufatisha bakabona gukora ubukwe .





Aho bitaragera umusore afata Miliyoni 30 zose akazikoresha mubukwe agatangira kujya gusaba inguzanyo muri bank kandi za Miliyoni 30 zakabafashije kwiyubaka bakazabukora nyuma.
Hari umuco abantu benshi muri Afurika cyane cyane East Africa bataramenya aho umuhungu n’umukobwa babana bakabisaba ababyeyi nyuma bakazakora ubukwe .
Mu kwezi kwa Nyakanga 2014 nibwo Samuel Eto’o yasabye Georgette ko yazamubera urubavu, maze amwambika impeta y’abitegura kurushinga ihagaze akayabo k’ amayero 500.000.
Eto’o yaje mu bukwe bwe yitwaye mu modoka yo mu bwoko bwa Bugatti Veyron ihagaze akayabo ka miliyoni 1 y’amapawundi(Pound).
Eto’o yagaragaje ko ubukwe bwe yabwiteguye kandi agaragaza ko ari umukire kuko n’imodoka yagendagamo n’izindi zakoreshejwe mu bukwe bwe zose zari zihenze .
Noella
3,547 total views, 1 views today

BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
AMASO ARARYA INDA IGASONZA KURI NOHELI AMASO YAWE YEREKE IBYIZA,UKWEYE KUREBA ABA BAKOBWA BEZA WASHAKA GUPFA
Amateka y’Umukecuru wabanye n’Umwami Kigeli V akabana na Gen Fred Rwigema na Perezida Kagame ari mu batangije ishuri ry’Umuco
Itohoza :Abanyarwanda baba mu mahanga bakomeje gusebya Leta y’u Rwanda bitwikiriye politiki n’uburenganzira bwa muntu
Mukakarangwa Francisca na Batamuriza Esther baratabaza Perezida Kagame, Ya mitego Bamporiki yavuze igeze muri RCA aho umuyobozi wayo yateze abantu 12 ashaka ko bajya Mageragere gufungwa barengana.
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Biravugwa ko bamwe mu banyarwanda bari barashoye imari muri Uganda byabakomeranye bagiye kujyanwa mu Nkiko kubera imitungo
Leave a reply