umu amakuru-  Yibye inyama asaba kumujyana kuri polisi ntibamushwarize imbere y’abana be | Umusingi

kam1-703x422  Yibye inyama asaba kumujyana kuri polisi ntibamushwarize imbere y’abana be

Please enter banners and links.

kam1-703x422

 

Umugabo w’ubatse ufite n’abana yashatse kurya inyama ariko adafite amafaranga ahitamo kwiba ihene ya mugenzi arayibaga ashaka ko urugo rwe nabo barye ku nyama ariko bamufashe batarayirya bayimwambika mu ijosi.

Yatakambye cyane asaba ko bamujyana kuri polisi aho kumushwariza imbere y’abana be n’abanyirabukwe.

Fred Nsereko afite imyaka 50 ,utuye ahitwa Ggwaatiro muri Uganda yahuye n’ibyago ubwo yashatse kurya ku nyama n’umuryango we agahitamo kujya kwiba ihene y’umuturanyi we bakayimufatana.

Abaturage bazindukiye mu mukwabu kuri uyu wa gatandatu taliki 18 Kamena 2016  wo gufata uwibye ihene ya mugenzi wabo witwa Kasifa Nanteza.

Kubera bari bamaze igihe bibwa ihene zabo bityo bahitamo gukora umukwabu wo gufata abajura babibira ihene zabo nibwo basanze Fred Nsereko arimo kubaga ihene ababonye ariruka baramwirukansa baramufata basanga yabagaga ihene y’umuturanyi we Nanteza Kasifa bayimwambika mu ijosi bamuzengurutsa mu mago y’abantu bagenda bamukubita inshyi asaba ko bamubabarira bakamujyana kuri polisi aho kumushwaza imbere y’abana n’abakwe be.

kam1-703x422

Abaturage ibi babikoze bari kumwe n’umuyobozi w’Akagali witwa  Simon Ssejombwe wasabye abaturage kujyana Fred Nsereko kuri polisi bityo bamujyanayo .

Ukuriye gushakashaka ku bakoze ibyaha kuri polisi ya Kyabadaaza witwa Pius Khaukha yavuze ko Fred Nsereko azashyikirizwa ubutabera ku cyaho cy’ubujura akabihanirwa.

Abaturage bamugejeje kuri polisi bamukubita ariko ahageze yashimiye Imana ko ageze mu maboko ya polisi atagipfuye .

Byashyizwe mu Kinyarwanda na Muhungu John

 

 

 

 

 

 

2,964 total views, 1 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.