CVT yizihije umunsi mpuzamahanga w’umwana w’umunyafurika
— June 19, 2016
Please enter banners and links.

Umunsi mpuzamahanga w’umwana w’umunyafurika mu Rwanda wijihijwe taliki ya 18/06/2016, kimwe n’indi miryango iharanira uburenganzira bw’umwana, Chilidren’s Voice Today-CVT k’ubufatanye na Save the Children.
Bateguriye abana batuye mu Akarere ka Nyarugenge uyu munsi mukuru, ukaba warabereye mu kigo cy’Amashuri abanza cya Kivugiza mu Murenge wa Nyamirambo.
Uyu munsi mukuru wari ugamije kongera gukangurira inzego zitandukanye, abarezi ndetse n’ababyeyi kurinda umwana imirimo ivunanye ndetse n’ihohoterwa . Ibi bikaba byaragiye bigarukwaho n’Inzego zitandukanye ndetse no m’ubutumwa bwatanzwe n’abana ubwabo.
Norbert RUTEBUKA Umuhuzabikorwa wa Children’s Voice Today ,yagarutse ku impamvu nyamukuru bibanzeho, avuga ko bibanze cyane kukibazo cy’abana bakora akazi ko m’urugo ko n’abo bagomba kugira uburenganzira nk’abandi bana aho gukoreshwa imirimo ibavuna.
CVT ifasha urubyiruko mukubigisha imyuga iciriritse ,uyu munsi bafite abana 50 barimo kwiga imyuga itandukanye (guteka, ubudozi, kuboha imisatsi no kogosha.
Yakomeje avuga ko umwana hari amategeko atamenya kandi yakagombye kuyamenya ,ati ibyo nibyo twibandaho gufasha abana kumenya uburenganzira bwabo.

Norbert RUTEBUKA yagize ati “Amasezerano mpuzamahanga y’umurimo arabivuga ko umwana wese uri munsi y’imyaka 16 ko atemerewe gukora umurimo umuvuna”.
CVT rero ikora ubukangurambaga ku bakoresha ibakangurira ko umwana agomba gufatwa nk’abandi bana ndetse akaba yanasubizwa mw’ishuri, nk’uko iyi nsanganyamatsiko y’uwo munsi ibivuga.

“UBURERE BWIZA NI UMUSINGI W’EJO HEZA H’UMWANA ”.
Bayobozi b’Inzego zitandukanye,Babyeyi ,Barezi, Miryango iharanira uburenganzira bw’ikiremwamuntu n’undi wese wumva ko umwana ariwe Rwanda rwejo, dukore iki ngo umwana arengerwe bikwiye arindwa impamvu yose yamubuza amahirwe y’ubuzima bw’ejo hazaza?
Jean Baptiste Ndayiragije
3,822 total views, 1 views today

Misiyo rukokoma yo kwica Perezida Museveni no kuroga abayobozi bakomeye muri Leta (Vidiyo)
INKUBIRI Y’IMYIGARAGAMBYO Y’ABATAVUGARUMWE NA LETA Y’URWANDA IKOMEJE GUFATA INDI NTERA
Kuki Perezida Kahame akivuga kuri Gen Kayumba Nyamwasa nyuma y’imyaka 16 yarahunze Igihugu?(Reba Video)
Umunyamakuru akaba n’umuhanzi YAGO wahungiye muri Uganda yasabye imbabazi umuvugizi wa RIB
Umukozi wa ABASIRWA INNOC Bahati afatanije na Visi Perezida Muhizi barashaka kwiba Ishyirahamwe, Ibikoresho byo byamaze kwibwa(RIB) Nitabare
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Leave a reply