Ivangura riravuza ubuhuha muri ADEPR nyuma yaho bamwe mu birukanywe Uganda bahawe akazi batazi icyashingiweho.
— June 27, 2019
Please enter banners and links.

Nkuko Ikinyamakuru Umusingi cyakomeje kujya kibagezaho amakuru ya ADEPR kuri uyu wa 26 Kamena 2019 bamwe ba Bakirisitu muri ADEPER bashinja ubuyobozi buriho kubavangura batazi icyo bashingiraho bavangura Abakirisitu babaha akazi.
Umwe mu Bakirisitu muri ADEPR ya Uganda utarashatse ko amazina ye atangazwa yabwiye Ikinyamakuru Umusingi ko ubuyobozi bwa ADEPR buvangura Abakirisitu mukubaha akazi bakaba batazi icyo ubuyobozi bushingiraho buha bamwe akazi kandi bitanyuze mu mucyo.
Uyu mukirisitu yakomeje agira ati « Batwirukanye Uganda tugaruka mu Rwanda kandi hari urwandiko twandikiye ubuiyobozi tubusaba ko abari bakuriye ADEPR Uganda basimbuzwa kuko twabonaga badakora inshingano bahawe ariko twatunguwe no kubona bagera inaha bagahabwa akazi bamwe tikicazwa ntitumenye icyo bashingiyeho babaha akazi ».
Twabibutsa ko mu minsi yashize aribwo byavuzwe ko ADEPR ya Uganda yitandukanije n’iyo mu Rwanda kandi ku gihe cya Sibomana na Rwagasana Tom yakoraga neza nta bibazo ifite ariko bamwe mu Bakirisitu bakaba bibaza ubuyobozi buriho niba bwarasimbuye abavuyeho buje guhangana no guteza ibibazo aho kubikemura.




Nkuko muri bubibone ku nzandiko z’abahawe akazi ndetse uwacungaga imari ya ADEPR Uganda witwa Mukamurenzi Angelique akaba yarahawe gucunga umutungo wa ADEPR Kimihurura.
Amakuru avuga ko abavuye Uganda baje ari 13 ariko 4 muribo bamaze gusubira Uganda abandi bahabwa akazi abandi ntibagahabwa bakaba bibaza bagahawe hashingiwe kuki ko bose basengeraga hamwe ndetse bahuye n’ibibazo bimwe ariko bamwe ubu bakaba barahawe akazi.
ADEPR yakomeje kuvugwamo ibibazo byinshi kuva cyera kugeza ubwo haje abiyitaga Nzahuratorero irigomeka irwanya imiyoborere mibi bavugaga kugeza ubwo ifashe ubuyobozi ariko kuva yafata ubuyobozi ibibazo byariyongereye kuko batangiye kwirukana no guhindura abakoranaga n’ubuyobozi bwavuyeho ariko ikibabaje ni uko bamwe muri Nzahuratorero batangiye gufungwa.
Uwitwa Mbanda Samuel wayoboraga Dove hotel ya ADEPR ahurutse gufungwa ashinjwa kwaka ruswa kandi n’umwe mu bakoraga inama zo gukuraho ubuyobozi bwa Sibomana Jean na Rwagasana Tom bakaba inama barazikoreraga kwa Pasiteri Modeste Uwabimfura ku Kacyiru.

Ikinyamakuru Umusingi cyashatse kubaza ubuyobozi bwa ADEPR ku kibazo cy’Abakirisitu babashinja ivangura maze Umuvugizi mukuru wa ADEPR Karuranga Ephrem ntiyatwitaba ndetse n’ubutumwa bugufi twamwandikiye ntiyabusubiza kugeza ubwo inkuru isohoka.
Twashatse kubaza umuvugizi mukuru wungirije muri ADEPR Karangwa John nawe ntiyadusubiza kuri icyo kibazo.
Gatera Stanley
5,368 total views, 5 views today

TURASHAKA KO ABATERA NKUNGA NA LETA BAMENYA AMANYANGA YA INNOC BAHATI WIBYE IMITUNGO YA ABASIRWA
UMURIRO UGIYE KWAKA, FRANK GASHUMBA ATEGETSWE KUTONGERA KWITA UMWANA WE RWABUGIRI
KARABAYE NONEHO MUSEVENI AZANYE AMAJWI Y’ABAPFUMU KADAGA YARAGIYE KUMUROGA NA GEN SALEH NA MUHOOZI(Vedio)
BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
Ninde ugaruye umuriro muri ADEPR ko wari waracogoyeho ?Uwakoze urutonde rw’Aba terrorists yahagaritswe
Karangwa John watangije ADEPR muri Uganda nyuma akayiteza ibibazo agasubira mu Rwanda akaba Umuvugizi mukuru w’ungirije yagarutse Uganda
Amayobera n’urujijo mu rubanza rw’abahoze ari abayobozi ba ADEPR rwaburanishijwe aho gusomwa
Karuranga Ephrem wahoze ari umuvugizi wa ADEPR yirukanye Sibomana na Rwagasana none nawe Isaie Ndayizeye yamwirukanye
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Reba aya amafoto meza 44 utazapfa utayarebye uburyo agaragaza ubunya Afurika bw’umwimerere
Leave a reply