Rwanda ;USAID yishimiye intambwe yatewe mukuzamura urwego rw’Ubuhinzi
— June 26, 2019Please enter banners and links.

Kuri uyu wa 26 Kamena 21019 Ikigo cy’Abanyamerika USAID cyishimiye igihe cy’imyaka igera kuri 5 kimaze gitera inkunga imishinga inyuranye yibumbiye mukitwa (PSDAG) Private Sector Driven Agricultural Growth Project yibanda ahanini kubikorwa bizamura umwuga w’ubuhinzi ndetse n’abahinzi ubwabo , n’uburyo uru urwego rumaze kugera ahashimishije.
Uyu mushinga umaze igihe kingana n’imyaka igera kuri 5 watwaye akayabo k’amafaranga y’u Rwanda angana na miliyali 22.8 yakoreshejwe mu mushinga wari ufite intego yo kongera ishoramari mu buhinzi , hagamijwe kongerera abahinzi ubushobozi ndetse n’uburyo bwo kubona inyungu mu murimo w’ubuhinzi bakora , kandi bikaba byari bikubiye mu cyerekezo u Rwanda rwihaye cyo kuba muri 2020 urwego rw’ubuhinzi ruzaba rugeze ahashimishije.
“Mu ijambo rye Umunyamabanga uhoraho muri minisiteri y’ubucuruzi n’inganda Sebera Michel yavuze ko Leta y’u Rwanda yubaha ikanaha agaciro cyane abaturage b’ Amerika ari nacyo gisobanuro cya USAID ku bitekerezo n’imigambi bafata mu kwitanga hagamijwe kuzamura umuturage m’urwego urwo arirwo rwose rugamije iterambere haba m’ubuhinzi cyangwa n’ibindi binyuze mu mishinga itandukanye by’umwihariko PSDAG.”



Umuyobozi w’umushinga PSDAG mu Rwanda , Madamu Melanie Bittle yashimye uburyo uyu mushinga wakoranye n’Abanyarwanda , aho yavuze ko bagaragaje ubwitange no kugira intego mubyo bakora kandi bigatanga umusaruro.
Yabivuze muri aya magambo ati: “Muri uyu mwanya ndagirango nshimire abantu mwese ndetse na mama umbyara muteraniye hano m’urwego rwo gusangira natwe ibyishimo , nshimire n’abakozi ba PSDAG kubera intego ndetse n’umurava bagaragaje mu byo bakora kandi twishimiye uburyo twakoranye nabo cyane ko twabigiyeho byinshi.”
Uyu mushinga wafashije mu kuzamura urwego rw’ubuhinzi kurugero rushimishije , aho ibyoherejwe hanze y’igihugu byageze kumafaranga y’u Rwanda miliyari 63.8 ndetse hakabasha gutangwa agera kuri miliyari 23,7 nk’inguzanyo.
Iki gikorwa cyo kwishimira ibyagezweho cyaranzwe no kumurika by’umwihariko ibikorerwa mu Rwanda (Exhibition of Made in Rwanda) by’umwihariko hakaba haritabiriye benshi mu bibumbiye hamwe mu makoperative ndetse n’abikorera ku giti cyabo nka rwiyemezamirimo.
Kanyana Janet
2,812 total views, 1 views today

TURASHAKA KO ABATERA NKUNGA NA LETA BAMENYA AMANYANGA YA INNOC BAHATI WIBYE IMITUNGO YA ABASIRWA
UMURIRO UGIYE KWAKA, FRANK GASHUMBA ATEGETSWE KUTONGERA KWITA UMWANA WE RWABUGIRI
KARABAYE NONEHO MUSEVENI AZANYE AMAJWI Y’ABAPFUMU KADAGA YARAGIYE KUMUROGA NA GEN SALEH NA MUHOOZI(Vedio)
BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Reba aya amafoto meza 44 utazapfa utayarebye uburyo agaragaza ubunya Afurika bw’umwimerere
Leave a reply