
Liverpool iri mu biganiro byo kugura N’Golo Kante
— June 13, 2016

Please enter banners and links.
Ikipe ya Liverpool yinjiye mu rugamba n’andi makipe akomeye ku isi ashakisha uyu mukinnyi wa Leicester city kugirango ayifashe gukina hagati .
Ikinyamakuru Daily Star cyanditse kivuga ko n’ubwo Liverpool itazakina Champions League ariko ishobora kugura uyu mukinnyi N’Golo Kante kuko mu makipe amushakisha atamuha gukina buri munsi kandi umukinnyi aribyo ashaka .
N’Golo Kante waguzwe n’ikipe ya Leicester City imukuye mu ikipe ya Caen imuguze Miliyoni 5.6 ,ubu amasezerano ye akaba avuga ko ikipe iyo ariyo yose yamugura yakwishyura Miliyoni 22.
Amakipe ashakisha uyu mukinnyi harimo ikipe ya Real Madrid ,Chelsea ,Arsenal ,Man United ,Liverpool ndetse na PSG .
Umutoza wa Liverpool akaba ahabwa amahirwe yo kugura uyu mukinnyi kurusha abandi batoza ariko bikavugwa ko Mourinho nawe ashobora kumugura akamujyana muri Man United dore ko uyu mutoza azwiho kugura umukinnyi wese ashatse .
Klopp akaba avuga ko arimo kubaka ikipe ya Liverpool ku buryo ashaka ko iba ikipe izajya ikina amarushanwa yose harimo na Champions League ku buryo ashaka ko isubira nkuko yahoze cyera .
Ikipe ya Liverpool yahoraga muri Champions League ,yahoraga ihanganye na Man United ,Real Madrid ,AC Milan ariko ubu ikaba imaze igihe idakina iri rushanwa ariko hakaba hari amahirwe ko uyu mutoza azayisubiza mu bihe byayo byakera byo gutwara ibikombe bikomeye byose.
Ndayambaje F
2,592 total views, 1 views today

Misiyo rukokoma yo kwica Perezida Museveni no kuroga abayobozi bakomeye muri Leta (Vidiyo)
INKUBIRI Y’IMYIGARAGAMBYO Y’ABATAVUGARUMWE NA LETA Y’URWANDA IKOMEJE GUFATA INDI NTERA
Kuki Perezida Kahame akivuga kuri Gen Kayumba Nyamwasa nyuma y’imyaka 16 yarahunze Igihugu?(Reba Video)
Umunyamakuru akaba n’umuhanzi YAGO wahungiye muri Uganda yasabye imbabazi umuvugizi wa RIB
Umukozi wa ABASIRWA INNOC Bahati afatanije na Visi Perezida Muhizi barashaka kwiba Ishyirahamwe, Ibikoresho byo byamaze kwibwa(RIB) Nitabare
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Leave a reply