umu amakuru- Liverpool iri mu biganiro byo kugura N’Golo Kante | Umusingi

GettyImages-539272846.0

Liverpool iri mu biganiro byo kugura N’Golo Kante

Please enter banners and links.

GettyImages-539272846.0

Ikipe ya Liverpool yinjiye mu rugamba n’andi makipe akomeye ku isi ashakisha uyu mukinnyi wa Leicester city kugirango ayifashe gukina hagati .

Ikinyamakuru Daily Star cyanditse kivuga ko n’ubwo Liverpool itazakina Champions League ariko ishobora kugura uyu mukinnyi N’Golo Kante kuko mu makipe amushakisha atamuha gukina buri munsi kandi umukinnyi aribyo ashaka .

N’Golo Kante waguzwe n’ikipe ya Leicester City imukuye mu ikipe ya Caen imuguze Miliyoni 5.6 ,ubu amasezerano ye akaba avuga ko ikipe iyo ariyo yose yamugura yakwishyura Miliyoni 22.

Amakipe ashakisha uyu mukinnyi harimo ikipe ya Real Madrid ,Chelsea ,Arsenal ,Man United ,Liverpool ndetse na PSG .

Umutoza wa Liverpool akaba ahabwa amahirwe yo kugura uyu mukinnyi kurusha abandi batoza ariko bikavugwa ko Mourinho nawe ashobora kumugura akamujyana muri Man United dore ko uyu mutoza azwiho kugura umukinnyi wese ashatse .

Klopp akaba avuga ko arimo kubaka ikipe ya Liverpool ku buryo ashaka ko iba ikipe izajya ikina amarushanwa yose harimo na Champions League ku buryo ashaka ko isubira nkuko yahoze cyera .

Ikipe ya Liverpool yahoraga muri Champions League ,yahoraga ihanganye na Man United ,Real Madrid ,AC Milan ariko ubu ikaba imaze igihe idakina iri rushanwa ariko hakaba hari amahirwe ko uyu mutoza azayisubiza mu bihe byayo byakera byo gutwara ibikombe bikomeye byose.

Ndayambaje F

 

2,524 total views, 1 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.