umu amakuru-  Abasirikare 30 bafashwe bashaka guhirika ubutegetsi bwa Perezida Museveni | Umusingi

UPDF-620x330  Abasirikare 30 bafashwe bashaka guhirika ubutegetsi bwa Perezida Museveni

Please enter banners and links.

UPDF-620x330

 

Mu gihugu cya Uganda Kuwa 10 Kamena 2016 hafashwe abasirikare 30 barimo umu captain umwe bivugwa ko bashakaga gukoraho ubutegetsi bwa Perezida Museveni.

Umuvugizi w’igisirikare witwa  Paddy Ankunda akaba yemeje aya makuru aho yagize ati “hari abasirikare 30 bafashwe mu bigo bya gisirikare bitandukanye bacyekwaho gushaka guhirika ubutegetse ubu bakaba bafunzwe ariko turacyakora iperereza dufatanije na polisi”.

Ibi Paddy akaba yarabitangarije igitangazamakuru AFP aricyo dukesha iyi nkuru .

Biravugwa ko aba basirikare bafatanije umugambi na Dr.Kiiza Besigye nawe ufungiye muri Gereza ya Luzira aho ashinjwa ibyaha birimo kugambanira igihugu.

Paddy akaba yanavuze ko hari n’Umudepite umwe wo mu Ishyaka rya Opozisiyo rya FDC rihagarariwe na Dr.Kiiza Besigye na Gen.

Mugisha Muntu wafashwe nawe ari mu mugambi wo guhirika ubutetsi bwa Perezida Museveni .

Umuvugizi w’igisirikare cya Uganda Paddy Ankunda akaba yavuze ko umudepite witwa Michael Kabaziguruka uturuka mu Ishyaka rya Dr.Kiiza Besigye ariwe wafashwe nawe ari mu mugambi wo guhirika ubutegetsi bwa Perezida Museveni .

Umuvugizi w’Ishyaka rya FDC rya Besigye witwa Ssemujju Nganda akaba yatangarije abanyamakuru ko yasuye Michael Kabaziguruka akamubwira ko yabajijwe ku bijyanye n’umutwe w’abasirikare b’inyeshyamba zashakaga gukura Perezida Museveni ku butegetsi maze avuga ko ibyo yabajijwe atabizi .

Muhungu John

2,584 total views, 1 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.