Amashusho ya Gen. Kyaligonza wahohoteye umupolisikazi wa traffic yateje impagarara muri Uganda bamwe bafunzwe igisirikare gisaba imbabazi
— February 24, 2019
Please enter banners and links.

Kuri iki Cyumweru tariki ya 24 Gashyantare 2019 ku mbuga nkoranyambaga muri Uganda nahandi hose, haramutse impagarara zazamuwe n’amashusho ya (Rtd) Maj. Gen. Matayo Kyaligonza wo mu Ngabo za Uganda wagaragaye ashaka gukubita umupolisikazi w’ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda.
Kugeza ubu amakuru agera ku kinyamakuru Umusingi ni uko abasirikare barinda Maj. Gen. Matayo Kyaligonza bamaze gufatwa bafunzwe ndetse n’igisirikare cya Uganda kikaba cyasabye imbabazi kubera imyitwarire abasirikare bagaragaje bahohotera umupolisikazi wari ku kazi ke.
Bivugwa ko ubwumvikane buke bwatangiye ubwo uwo mupolisikazi yahagarikaga imodoka yari itwaye Gen.Kyaligonza ayishinja kwica amategeko y’umuhanda.

Imodoka ya Gen.Kyaligonza yaregwaga gukata iri mu muhanda rwagati aho bitemewe nk’uko Daily Monitor yabitangaje. Amashusho yafashwe agaragaza abasirikare barinda Gen.Kyaligonza bashwana n’umupolisikazi ndetse bamufata amashati nk’abashaka kumukubita.
Umuvugizi w’igisirikare, Brig Richard Karemire yanditse kuri Twitter asaba imbabazi z’ibyabaye ndetse ashimangira ko iperereza ryatangiye.
Ati “Twamenyeshejwe iby’ikibazo cyabaye hagati y’umupolisi wo mu muhanda n’abasirikare bacu. Birababaje kandi turihanganisha mushiki wacu w’umupolisi. Igisirikare n’igipolisi bya Uganda bari gushakisha ibimenyetso ngo hafatwe ingamba.”
Icyakora abakoresha imbuga nkoranyambaga barimo n’abapolisi bakomeje kugaragaza kutishimira ibyakozwe na Gen.Kyaligonza ndetse basaba ko we n’abamurinda bagezwa imbere y’ubutabera.
Komiseri wungirije wa Polisi ushinzwe politiki muri Uganda, AIGP Asan Kasingye yavuze ko atari ubwa mbere Gen.Kyaligonza agaragaraho imyitwarire mibi kuko no mu 1989 ngo yigeze guhanishwa kumanurwa mu ntera azira gukubita umupolisi.
Mag. Gen. Kyaligonza ni visi Perezida w’ishyaka riri ku butegetsi NRM mu gace k’iburengerazuba.
Biravugwa ko uyu musirikare Gen. Kyaligonza amaze imyaka myinshi atazamurwa mu ntera mu gihe umuhungu wa Museveni amaze kuzamurwa inshuro 8 zose undi nta na rimwe azamurwa bikaba bicyekwa ko ashobora kuba yarabaye umurakare.
Mu minsi ishize nabwo Polisi ya Kampala yatangiye iperereza ku gikorwa cyabaye ubwo Maj Gen (Rtd) Kasirye Ggwanga yarasaga imodoka y’umuhanzi witwa Catherine Kusasira, ayihora ko abayirimo banze kugabanya urusaku rw’umuziki.
Muhungu John-Kampala
5,095 total views, 3 views today

BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
AMASO ARARYA INDA IGASONZA KURI NOHELI AMASO YAWE YEREKE IBYIZA,UKWEYE KUREBA ABA BAKOBWA BEZA WASHAKA GUPFA
Amateka y’Umukecuru wabanye n’Umwami Kigeli V akabana na Gen Fred Rwigema na Perezida Kagame ari mu batangije ishuri ry’Umuco
Itohoza :Abanyarwanda baba mu mahanga bakomeje gusebya Leta y’u Rwanda bitwikiriye politiki n’uburenganzira bwa muntu
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Uburyo ibiciro by’ingendo mu gihugu hose biteye nyuma yo kuzamurwa na RURA
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Leave a reply