umu amakuru- Arsenal isubiye muri 4 za mbere ,Chelsea ikomeje umwaku itsindwa na Man City kuri Penalite umutoza yasimbuje umuzamu yanga kuvamo naho Liverpool inganya na Man United | Umusingi

Arsenal isubiye muri 4 za mbere ,Chelsea ikomeje umwaku itsindwa na Man City kuri Penalite umutoza yasimbuje umuzamu yanga kuvamo naho Liverpool inganya na Man United

Please enter banners and links.

Incamake y’imikino isoza icyumweru ku makipe akomeye mu Bwongereza uko yarangiye.

Umukino wari utegerejwe na benshi n’umukino wahuzaga ikipe ya Man United yakiraga Liverpool ku kibuga Old Trafford,ikipe zombi zikaba zanganyije ubusa ku busa.

Ni umukino wari uryoshye kubera ko ikipe zombi zagerageje gushaka ibitego ariko birananirana kuko Liverpool ikaba yashyizemo imbaraga nyinshi kugirango ikure inota rimwe ku kibuga cya Man United ifite umutoza mushya utaratsindwaho kuva yatangira kuyitoza nyuma yo kwirukana Mourinho.

Umukino ubanza ukaba wari wabereye ku kibuga cya Liverpool Anfield Lord ,Liverpool ikaba yarayitsinze ibitego 3 kuri 1.

Ikipe ya Liverpool uyu munsi nyuma yo kunganya ubusa ku busa na Man United ikaba yasubiye ku mwanya wa mbere irusha Man City yari ku mwanya wa mbere kubera ibitego irusha Liverpool ariko Man City ikaba yari yarakinnye imikino myinshi kurusha Liverpool.

Salah wa Liverpool ashaka gutsinda igitego

Saido Mane wa Liverpool arwanira umupira na Smalling wa Man United

Jurgen Klopp umutoza wa Liverpool

Ole Gunnar Solskjaer umutoza wa Man United

Man City yari yakinnye imikino 27 mu gihe Liverpool yari yakinnye imikino 26 gusa ariko ubu uyu munsi zikaba zinganya imikino ikinwe zose zikaba zinganya imikino 27 Liverpool irusha Man City inota rimwe gusa.

Izi kipe zombi zikomeje gukubana zishakisha igikombe cya Shampiyona yo mu Bwongereza aho Liverpool imaze imyaka 29 itaragitwaraho.

Ikipe ya Arsenal nayo ikaba yasubiye ku mwanya wa 4 nyuma yo gutsinda Southampton ibitego 2 ku busa.

Arsenal yari ku mwanya wa 5 itarakina irushwa na Man United inota rimwe kuko yari ifite amanota 50 mu gihe Man United yari ifite 51 none ubu ikaba ifite 52 mu gihe Arsenal yahise iyinyuraho igira 53.

Ozil wa Arsenal

Man City uyu munsi yakinaga na Chelsea umukino wa nyuma wa Calabao cup aho Man City yongeye kuyitsinda kuri Penalite 4 kuri 3.

Umutoza wa Chelsea akaba yasimbuje umuzamu wari umaze kugira imvune ariko umuzamu wa Chelsea witwa Kepa Arrizabalaga yanga kuvamo kandi ntago bajya kumuteruramo birakaza umutoza wa Chelsea Maurizio Sarri ararakara cyane akubita hasi icupa ry’amazi yari afite agaragaza ko umuzamu yamusuzuguye kandi yashakaga gushyiramo undi muzamu uzi gufata amapenalite .

umuzamu wa Chelsea yanga kuva mu kibuga

Ndayambaje F

3,525 total views, 5 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.