Rene Hubert washinze ikinyamakuru Ibyishimo yatawe muri yombi
— January 29, 2019
Please enter banners and links.

Amakuru ari kuvugwa muri Kigali n’umunyamakuru Nsengiyumva René Hubert washinze urubuga rwa internet rutambutsa inkuru z’iyobokamana rwitwa Ibyishimo, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha akurikiranyweho icyaha cy’ivangura no gukurura amacakubiri.
Uyu munyamakuru yatawe muri yombi ku wa Gatanu w’icyumweru gishize, kugeza ubu ibyo akurikiranyweho bikaba bigikorwaho iperereza.
Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha, RIB, Mbabazi Modeste yemereye yabwiye bimwe mu binyamakuru ko uyu mugabo afunzwe ariko yirinda kuvuga uburyo ibyaha ashinjwa yabikoze.Nkuko yabitangarije Igihe
Ati “Ni ibyaha yakoze mu buryo butandukanye bikiri gukorwaho iperereza. Natwe turacyari mu iperereza kuko arakekwa.”
Ibyaha Nsengiyumva akurikiranyweho bihanwa n’ingingo ya 163 n’iya 164 mu gitabo cy’itegeko giteganya ibyaha n’ibihano byabyo.
Ingingo ya 164 isobanura ko umuntu ukoresha imvugo, inyandiko, cyangwa igikorwa icyo ari cyo cyose gitanya abantu, byatuma abantu bashyamirana, cyangwa bigatera intugunda mu bantu, bishingiye ku ivangura aba akoze icyaha cyo gukururura amacakubiri.
Uhamijwe icyo cyaha ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka itanu ariko kitarenze imyaka irindwi n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi y’ibihumbi magana atanu ariko atarenze miliyoni imwe.
3,801 total views, 1 views today

BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
AMASO ARARYA INDA IGASONZA KURI NOHELI AMASO YAWE YEREKE IBYIZA,UKWEYE KUREBA ABA BAKOBWA BEZA WASHAKA GUPFA
Amateka y’Umukecuru wabanye n’Umwami Kigeli V akabana na Gen Fred Rwigema na Perezida Kagame ari mu batangije ishuri ry’Umuco
Itohoza :Abanyarwanda baba mu mahanga bakomeje gusebya Leta y’u Rwanda bitwikiriye politiki n’uburenganzira bwa muntu
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Uburyo ibiciro by’ingendo mu gihugu hose biteye nyuma yo kuzamurwa na RURA
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Leave a reply