umu amakuru- Leta ya Perezida Museveni havuzwe impamvu iruta iya Obote n’iya Amin bose bayoboye Uganda | Umusingi

Leta ya Perezida Museveni havuzwe impamvu iruta iya Obote n’iya Amin bose bayoboye Uganda

Please enter banners and links.

Charles Peter Mayiga niwe muvugizi w’Umwami w’Abagande akaba ari umuntu ukomeye cyane muri Leta ya Uganda akaba yavuze ko Leta ya NRM cyangwa Leta ya Museveni nkuko hari ababivuga gutyo iruta kure Leta ya Amin Dada wakoze amateka muri Uganda ikaruta n’iya Obote.

N’ubwo Katikiro Charles Peter Mayiga ashima Leta ya NRM iyobowe na Museveni yanavuze ibyayinaniye birimo kurwanya ubukene nkuko bivugwa ko urubyiruko rwinshi muri iki gihugu rwabuze akazi kandi Leta ifite amafaranga menshi yashora mu mishinga itandukanye abenshi bakabona akazi.

Ikindi yavuze cyayinaniye n’ukubahiriza amategeko kuko usanga muri iki gihugu abantu bakora ibyo bashatse kwica ,kwiba n’ibindi bitandukanye ,nicyo gihugu kibamo abajura bo kurwego rwo hejuru usanga hari abiba bakoresheje kujugunya ibifaranga by’amafaranga y’amiganano kugirango utabizi abitoragure hanyuma bamwibe ,kwibusha imbunda ,gufata mu mifuka no gufata abantu bugwate bagasaba amafaranga menshi umuryango wuwafashwe n’ibindi byinshi.

Obote ubanza hagati Amini na Museveni

Katikiro Charles Peter Mayiga

Charles Peter Mayiga yavuze ko abantu badakwiye kugereranya Leta ya NRM na Leta ya Amini n’iya Obote kuko NRM yakoze byinshi byiza kurusha izo zindi kandi yongeraho ko abantu badakwiye kugereranya abazima n’abapfuye ahubwo bakwiye kwifuza ibihugu nka Iran ,Ghana ,South Korea n’ibindi bihugu bifite icyo biturusha.

Ibi yabivugiye mu nama ya 27 yaberaga mu Lubiri mu rugo rw’Umwami,inama iba buri mwaka.

3,972 total views, 1 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.