EUFA Champions League : Atletico Madrid yakoze ibyo benshi batari biteze isezerera Bayern Munich.
— May 4, 2016
Please enter banners and links.

Ikipe ya Atletico Madrid yakoze ibintu abantu benshi batakekaga ubwo yasezerega ikipe ya Beyern Monich mu mikino yo guhatanira igikombe cya EUFA Champions League ku mugabane w’u Burayi,nyuma yo kunganya ibitego 2-2 ariko kuko Atletico Madrid yari yatsinze igitego cyo hanze byatumye ikomeza ku mukino wa nyuma.
Mu mukino ubanza wabereye mu gihugu cya Espanye ,ikipe ya Atletico Madrid yari yashoboye gutsinda ikipe Beyern Munich yo mu Budage yari yakiriye igitego 1 ku busa.
Muri uyu mukino wo kwishyura ikipe ya Beyern yasabwaga gutsinda ibitego bibiri nibura kugirango ikomeze ikirinda gukora ikosa ry’uko Atletico yayinjizamo igitego.
Uyu mukino wabere mu gihugu cy’ubudage waranzwe no kwataka gukomeye kw’ikipe ya Beyern Munich dore ko ari nayo yahabwaga amahirwe yo gukomeza.

Byageze ku munota wa 31 Bayern Munich ibona igitego cyatsinzwe na Xabi Alonso abenshi batangira gutekereza ko igiye gunyagira Atletico Madrid byinshi arko siko byagenze kuko ikipe ya Atletico yaje kwishyura igitego gitsinzwe na Antoine Griezmann maze ibintu biba birahindutse aho ikipe ya Bayern yasabwaga nibura ibitego 3 kugirango ikomeze.
Umukino waje gukomeza ariko ikipe ya Byern ibyo yasabwaga ntiyabishobora kuko yaje gutsinda igitego kimwe gusa bityo iminota 90 yose irangira ari 2 bya Bayern kuri 1 cya Atletico Madrid,wateranya ibitego mu mikino yombi ugasanga ari 2-2 ariko Atletico Madrid ikaba yari yashoboye gutsinda igitego hanze,byatumye ariyo ikomeza ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League.

Bayern si ubwa mbere isezerewe muri ½ n’ikipe yo mu gihugu cya Espanye,kuko no mu mwaka wa 2014 yasezerewe na Real Madrid yongera gusererwa na FC Barcelona muri 2015 .
Kuri uyu wa gatatu hitezwe umukino uza kugaragaza ikipe izahurira ku mukino wa nyuma n’ikipe ya Atletico Madrid uza guhuza ikipe ya Real Madrid yo muri Espanye na Manchester City yo mu Bwongereza.
Ikipe ya Real Madrid na Manchester City zari zanganyirije mu Bwongereza 0-0 mu mukino ubanza,bivuze ko Real Madrid ariyo ihabwa amahirwe yo gukomeza kuko ariyo igiye kwakira uyu mukino, isabwa gutsinda nibura igitego kimwe kubusa ikikomereza ku mukino wa nyuma dore ko yanagaruye umukinnyi ngenderwaho Christiano Ronalido utarakinnye umukino ubanza.
Umukino wa nyuma wa Champions League biteganyijwe ko uzabera ku kibuga cya Giuseppe Meazza cya AC Milan na FC Internazionale Milano mu gihugu cy’u Butaliyani ku italiki ya 28 Gicurasi uyu mwaka.
Zigama Theoneste
3,026 total views, 5 views today

BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
AMASO ARARYA INDA IGASONZA KURI NOHELI AMASO YAWE YEREKE IBYIZA,UKWEYE KUREBA ABA BAKOBWA BEZA WASHAKA GUPFA
Amateka y’Umukecuru wabanye n’Umwami Kigeli V akabana na Gen Fred Rwigema na Perezida Kagame ari mu batangije ishuri ry’Umuco
Itohoza :Abanyarwanda baba mu mahanga bakomeje gusebya Leta y’u Rwanda bitwikiriye politiki n’uburenganzira bwa muntu
Mukakarangwa Francisca na Batamuriza Esther baratabaza Perezida Kagame, Ya mitego Bamporiki yavuze igeze muri RCA aho umuyobozi wayo yateze abantu 12 ashaka ko bajya Mageragere gufungwa barengana.
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Biravugwa ko bamwe mu banyarwanda bari barashoye imari muri Uganda byabakomeranye bagiye kujyanwa mu Nkiko kubera imitungo
Leave a reply