Amakipe yo muri Espanye yerekanye ko akomeye kurusha andi muri EUFA Champions League.
— May 5, 2016
Please enter banners and links.

Amakipe yo mu gihugu cya Espanye byagaragaye ko ariyo akomeye kurusha andi nyuma yuko ikipe ya Real Madrid isezereye Manchester City yo mu gihugu cy’u Bwongereza naho Atletico Madrid isezerera Beyern Munich muri ½ cy’irushanwa rya EUFA Champions League rihuza amakipe yabaye ayambere iwayo ku mugabane w’uburayi.
Mu mukino waraye ubaye wahuje Real Madrid yo muri Espanye yaraye itsinze ikipe ya Manchester City igitego 1-0 maze ihita ikomeza ku mukino wanyuma wa EUFA Champions League,aho yasanze mukeba wayo yo muri Espanye yari yaramaze gusezerera Bayern Munich yo mu Budage.
Nyuma y’uko Real Madrid na Atletico Madrid zibonye itike yo gukina umukino wa nyuma byahise bigaraza ko amakipe yo muri Espanye akomeye kurusha andi kuko mu mikino ya nyuma yiri rushanwa EUFA Champions League iheruka mu myaka itatu ishize yose yabaga iriho nibura ikipe yo muri Espanye.

Mu mwaka wa 2014 umukino wanyuma wahuje ikipe ya Real Madrid na Atletico Madrid zose zo muri Espanye mu mujyi umwe wa Madrid maze igikombe gitwarwa na Real Madrid .
Mu mwaka ushize wa 2015 umukino wa nyuma wahuje Fc Barcelona nayo muri Espanye na Juventus yo mu Butaliyani maze igikombe cyegukanwa na Barcelona itsinze Juventus ibitego 3-1.
Uyu mwaka ugiye kongera guhuza izi kipe Real Madrid na Atletico Madrid zihora zihanganye.Abasesengura iby’umupira w’amaguru ntibabura kuvuga ko Atletico Madrid ariyo ishobora kucyegukana kubera ko yahigitse ibihange nka mukeba wayo Barcelona ndetse na Baryern Munich zose zahabwa amahirwe yo kugitwara.
Amateka agaragaza ko mu myaka 3 yose yikurikiranya iki gikombe cya EUFA Champions League kigiye gutaha muri Espanye,mu myakata 3 kandi Real Madrid na Atletico Madrid zigiye guhura inshuro 2 ku mukino wa nyuma.
Umukino wa nyuma wa EUFA Champions League biteganyijwe ko uzabere ku kibuga cya Giuseppe Meazza cya AC Milan na FC Internazionale Milano mu Butaliyani ku italiki ya 28 Gicurasi uyu mwaka.
Zigama Theoneste
3,818 total views, 3 views today

BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
AMASO ARARYA INDA IGASONZA KURI NOHELI AMASO YAWE YEREKE IBYIZA,UKWEYE KUREBA ABA BAKOBWA BEZA WASHAKA GUPFA
Amateka y’Umukecuru wabanye n’Umwami Kigeli V akabana na Gen Fred Rwigema na Perezida Kagame ari mu batangije ishuri ry’Umuco
Itohoza :Abanyarwanda baba mu mahanga bakomeje gusebya Leta y’u Rwanda bitwikiriye politiki n’uburenganzira bwa muntu
Mukakarangwa Francisca na Batamuriza Esther baratabaza Perezida Kagame, Ya mitego Bamporiki yavuze igeze muri RCA aho umuyobozi wayo yateze abantu 12 ashaka ko bajya Mageragere gufungwa barengana.
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Biravugwa ko bamwe mu banyarwanda bari barashoye imari muri Uganda byabakomeranye bagiye kujyanwa mu Nkiko kubera imitungo
Leave a reply