umu amakuru-    Liverpool yakoze amateka nkayo yakoreye Istanbul itsinda 4 kuri 3 | Umusingi

33311FC800000578-0-image-a-1_1460680605607    Liverpool yakoze amateka nkayo yakoreye Istanbul itsinda 4 kuri 3

Please enter banners and links.

33311FC800000578-0-image-a-1_1460680605607

 

 

Uko muri Europa amakipe yatomboranye

Ikipe ya Liverpool yaraye ikoze amateka nkayo yigeze gukorera Istanbul ubwo yatsindwaga ibitego 3 ku busa mu gice cya mbere ,mu cyakabiri ikabyishyurwa ndetse igatwara igikombe cya Champions League .

Kuri uyu wa kane taliki 14 ikipe ya Liverpool  mu minota 8 gusa yari imaze gutsindwa ibitego 2 ku busa n’ikipe ya  Dortmund  abantu bati iratsindwa byinshi.

3330CF2A00000578-3540569-image-a-136_1460668401603

333125B500000578-0-image-a-3_1460680656726

33308E6E00000578-3541446-image-a-3_1460710370475

3330C12200000578-3541446-image-a-44_1460713138239

12983953_10154255067377573_5075183438390194293_o

3330F04200000578-3541446-image-a-7_1460710675740

Mu minota nka 20 umukino wahindutse Liverpool itangira gusatira izamu rya Dortmund  ,igice cyambere cyagiye kurangira Liverpool yabonye igitego cyayo ,abafana bayo bati wenda ziranganya.

Igice cya 2 kigitangira ikipe ya Dortmund ishyiramo icya 3 ,abandi bati ibya Liverpool birarangiye ariko Liverpool yaje kwigaranzura ikipe ya Dortmund yishyura ibitego 3 byose maze ku munota wa nyuma nibwo Liverpool yatsinze igitego cya 4 cyatumye abakinnyi ba Dortmund n’abafana bararana agahinda bari bazi ko babonye intsinzi.

Umutoza wa Liverpool akaba yibukije abafana b’iyo kipe amateka Liverpool yigeze gukorera muri Turkey Istanbul muri 2005 ubwo yatsindwaga na AC Milan ibitego 3 ku busa mu gice cya 2 ikabyishyura ndetse igatwara n’igikombe.Liverpool ikaba yatomboye Villarreal naho Shakhtar itombora Sevilla.

Muhungu John

3,244 total views, 1 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.