umu amakuru- Museveni yerekanye ko afite ibikoresho by’intambara bikomeye Abakongomani bahunga kubwinshi | Umusingi

Museveni yerekanye ko afite ibikoresho by’intambara bikomeye Abakongomani bahunga kubwinshi

Please enter banners and links.

Amakuru yazindutse acicikana hirya no hino kumbuga nkoranyambaga kuri iki cyumweru tariki ya 24 Ukubuzo 2017 habura umunsi umwe ngo Noheri ibe ni uko ingabo za Uganda zinjiye mu gihugu cya DR Congo n’ibikoresho biteye ubwoba bya gisirikare birimo imodoka zihenze n’imbunda.

Amakuru kandi yavugaga ko inyeshyamba za ADF zari zamenye umugambi wo kuzigabaho ibitero nazo ku buryo zari zimaze ibyumweru 3 ziteguye ku buryo zarasanye n’ingabo za UPDF.

Uwari ukuriye inyeshyamba zirwanya ubutegetsi bwa Perezida Museveni witwa Jamil Mukulu ubu ufungiye muri gereza nkuru ya Uganda yitwa Luzira zikaba zivuga ko zizarwana kugeza babohoje umuyobozi wabo.

Abakongomani benshi bagaragaye ku mupaka wa Uganda na Congo bikoreye imizigo bahunga urusaku rw’amasasu.

Umwe mu bahunze muri Congo ahungiye muri Uganda utashatse ko amazina ye atangazwa yabwiye Ikinyamakuru Umusingi ko imbunda zirimo kurasishwa n’ingabo za Uganda ziteye ubwoba ariyo mpamvu bahisemo guhunga bakajya gushaka umutekano n’ubwo ubuzima bw’impunzi butoroshye.

N’ubwo intambara ikomeje muri DR.Congo ,Perezida Museveni yasuye ingabo za Tanzania mu rwego rwo kuziha pole cyangwa kubihanganisha.

Aba imikorere ya Perezida Museveni bavuga ko we na Magufuri aribo bapanze uburyo bashaka impamvu bajya muri Congo bahitamo guteza intambara yaguyemo Abasirikare ba Tanzania naba Congo.

Abantu ubu barimo kwibaza uburyo Perezida Museveni asura abasirikare b’ikindi gihugu ?abakurikira amakuru ye bavuga ko ari umuhanga mu gucura umugambi akajijisha akanabasura aribyo bamukeka ko yasuye abasirikare ba Tanzania.

3,268 total views, 1 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.