Gatsinzi wari wafashwe n’inzego z’iperereza z’Abagande yageze mu Rwanda agendera mu kagari kubera iyicarubozo
— December 22, 2017
Please enter banners and links.

Kuri uyu wa gatanu tariki 22 Ukuboza 2017 Gatsinzi Fidele Umunyarwanda wari warafashwe n’inzego z’iperereza za Uganda (CMI), zimushinja kuba maneko w’u Rwanda, yageze mu Rwanda agendera mu kagari ndetse yarabyimbye ibirenge kubera iyicarubozo yakorewe n’izo nzego.
Uwo mugabo wari umaze iminsi 12 mu maboko y’inzego z’iperereza z’Abagande, yakorewe iyicarubozo ashinjwa kunekera u Rwanda mu gihe we yari yagiye i Bugande gusura umwana we wiga muri Uganda “Christian University” iherereye Mukono.
Iyo umubonye ubona ko yabyimbaganye umubiri wose kubera gukubitwa ndetse no kurazwa ku isima akazahazwa n’imbeho.
Kumuganiriza wumva yarasaraye ijwi ritabasha kuza neza kuko yari amaze iminsi isaga cumi n’ibiri agaburirwa nabi cyane adakaraba ndetse atanahabwa amazi yo kunywa.


Ibirenge bye bibyimbye


N’ubwo Gatsinzi yagaragaje ko yinjiye mu Bugande afite irangamuntu imwemerera kuba yakwambuka ndetse yananyuze ku mupaka yahawe ibyangombwa bikenerwa, Urupapuro yahawe arekurwa ruvuga ko yafatiwe mu Bugande bamushinja ko nta mpapuro z’ingendo zimwemerera gutembera i Bugande yari afite.
Gatsinzi aganira n’abanyamakuru yatangaje ko yafashwe n’abashinzwe umutekano bakorera CMI, agambaniwe n’umwe mu bagize umutwe w’abagizi ba nabi bibumbiye mu cyiswe RNC witwa Rugema Kayumba.
Kayumba Rugema ngo niwe wajyanye mu modoka n’abamaneko ba CMI, abatungira agatoki aho Fidel Gatsinzi yarimo kugura utuntu muri Supermarket yo muri ako gace ka Ntinda, baramufata bamujyana muri gereza bamumarana iminsi 12 ahambiriye arara hasi bamukubita, kugeza mu gitondo cy’uyu munsi bamuzanye bakamusiga i Gatuna agatahanwa mu kagare akajyanwa kuvuzwa.
Mu buhamya bwe avuga ko yafashwe ari mu Mujyi rwagati i Kampala avuye muri hoteli yararagamo, umwe mu basirikare amubwira ko hari mwene wabo w’umunyarwanda umushaka witwa Rugema Kayumba.
Uyu Rugema ni mwishywa wa Kayumba Nyamwasa, wahunze igihugu akaba ari umwe mu bayobozi b’umutwe urwanya ubutegetetsi bw’u Rwanda, RNC.
Gatsinzi amaze kubwirwa ko Rugema amushaka, ngo hirya gato haje abandi bantu bambaye imyenda y’abasirikare bamushyira mu modoka, uwo Rugema Kayumba na we ahita aza aramubwira ngo “mwebwe muraza kumara abantu, mwarashe Kayumba isasu rimuhera mu nda, murasa Karegeya ndamutwara, none wowe urashaka na Murengezi. Ndamubwira nti ibyo simbizi.”
Avuga ko bahise bamwambura telefone, bamutwara mu modoka ya Rugema, bamugeza ku biro bya CMI mu gace ka Kireka. Gatsinzi avuga ko yafungiwe aho, amara icyumweru kirenga apfutse ibitambaro mu maso, nta n’amasegonda atanu barakimukuramo.
2,625 total views, 1 views today

BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
AMASO ARARYA INDA IGASONZA KURI NOHELI AMASO YAWE YEREKE IBYIZA,UKWEYE KUREBA ABA BAKOBWA BEZA WASHAKA GUPFA
Amateka y’Umukecuru wabanye n’Umwami Kigeli V akabana na Gen Fred Rwigema na Perezida Kagame ari mu batangije ishuri ry’Umuco
Itohoza :Abanyarwanda baba mu mahanga bakomeje gusebya Leta y’u Rwanda bitwikiriye politiki n’uburenganzira bwa muntu
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Uburyo ibiciro by’ingendo mu gihugu hose biteye nyuma yo kuzamurwa na RURA
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Leave a reply