Tottenham yatsinze Real Madrid3-1, Manchester City na Liverpool zikatisha itike ya 1/8
— November 2, 2017
Please enter banners and links.

Kuri uyu wa gatatu tariki 1 Ugushyingo 2017 imikino ihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo ku mugabane w’u Burayi, UEFA Champions League yari yakomeje kuri uyu wa Gatatu aho umukino wari ukomeye cyane Tottenham Hotspur yanyagiye Real Madrid ibitego bitatu kuri kimwe, Manchester City itsinda Napoli biyigoye na Liverpool itsinda 3-0 zihita zibona itike ya 1/8.
Real Madrid yari yajyanye intwaro zayo zayifashije kwegukana ibikombe bibiri bya UEFA Champions League biheruka ziyobowe na Cristiano Ronaldo na Sergio Ramos, gusa ntibyayibujije kwandagazwa ku kibuga Wembley cyarimo abafana basaga 83000.
Tottenham Hotspur yari yanihagazeho muri Espagne mu byumweru bibiri bishize mu mukino ubanza zikanganya igitego kimwe kuri kimwe, imbere y’abafana bayo yatangiye yotsa igitutu izamu rya Real Madrid ibona uburyo bubiri bwa bazwe ariko umupira ntiwajya mu rushundura.

Abakinnyi ba Tottenham Hotspur

Ericsen yishimira intsinzi y’igitego yatsinze

Abakinnyi ba Real Madrid bari bumiwe

Abatoza bombi basuhuzanya umukino urangiye


Iyi kipe yari yakomeje guca amarenga ko byanze bikunze ishaka igitego yaje kukibona ku munota wa 27 gitsinzwe na Dele Alli waje no gushyiramo icya kabiri ku munota wa 56 mbere y’uko ikipe ya Zinedine Zidane ubundi izwiho kunyagira amakipe nayo ibikorerwa, ku munota wa 65 Christian Eriksen ashyiramo icya gatatu.
Nubwo muri rusange Real Madrid yarushijwe cyane haba hagati mu kibuga ndetse n’ubwugarizi bwayo bukitwara nabi, rutahizamu Karim Benzema yavugirijwe induru n’abafana kubera gupfusha ubusa amahirwe yo gutsinda naho Ronaldo wari wagiye agerageza kenshi aza kubonera ikipe ye impozamarira ku munota wa 80, umukino urangira ari ibitego bitatu kuri kimwe.
Niyo ntsinzwi ikomeye mu matsinda ya UEFA Champions League ibaye kuri Real Madrid kuva mu 2008 ubwo yatsindwaga na Juventus bibiri ku busa mu gihe Dele Alli yabaye umukinnyi wa kabiri w’Umwongereza winjije ibitego bibiri mu izamu rya Real Madrid kuva mu 2009 ubwo byakorwaga na Steven Gerrard.
Mu wundi mukino wari ukomeye, Manchester City yari yasuye Napoli iwayo mu Butaliyani. Mu byumweru bibiri bishije aya makipe, arimo kwigaragaza cyane muri shampiyona z’imbere mu bihugu, yari yahuriye mu Bwongereza, Manchester City itsinda ibitego bibiri kuri kimwe.
Ku Kibuga cyayo, Napoli nayo yatangiye ishaka kwihorera isatira bikomeye izamu rya Manchester City ndetse ibasha kwinjiza igitego ku munota wa 21 cya Lorenzo Insigne. Iyi kipe ya Pep Guardiola nayo yahise ihindura imikinire abakinnyi batangira gusatirira icya rimwe, byatumye ku munota wa 34, myugariro Nicolas Otamendi yishyura iki gitego.
Hashize iminota itatu gusa amakipe yombi avuye kuruhuka, myugariro John Stones nawe yatsinze igitego cya kabiri cya Manchester City bituma itangira kuyobora umukino gusa ntibyaciye intege Napoli yakomeje gusatira cyane iza kubona penaliti ku munota wa 62 yinjizwa neza na Jorginho, amakipe yombi anganya ibitego bibiri kuri bibiri.
Napoli yari ikomeye ndetse n’abafana bayo bayitiza umurindi, gusa aha niho Manchester City yerekaniye ko kuba igeze ubu itaratsindwa na rimwe bitayitunguye maze ku munota wa 69 Sergio Aguero atsinda igitego cya gatatu mbere y’uko Raheem Sterling asoza akazi atsinda icya kane ku munota wa nyuma w’umukino.
Aguero igitego yatsinze cyari icya 178 mu mikino 264 yakiniye Manchester City kuva yayigeramo, byatumye ayibera rutahizamu w’ibihe byose akuyeho agahigo kari gafitwe na Eric Brook wari warayitsindiye ibitego 177.
Iyi kipe imaze gukina imikino ine idatsindwa, yahise ibona itike ya 1/8 ikaba isanze Manchester United na Paris Saint Germain zose zitaratsindwa.
Liverpool nayo mu rugo ku kibuga Anfield yatsinze Maribor ibitego 3 ku busa ,ibitego byatsinzwe na Salah ,Can na Sturridge ,mu mikino yombi ikaba yatsinze ibitego 10 kuko umukino wa mbere yari yatsinze ibitego 7 byose ku busa.
Uko imikino yose yo kuri uyu wa Gatatu yarangiye:
Liverpool 3 – 0 Maribor
Sevilla 2 – 1 Spartak Moscow
SSC Napoli 2 – 4 Manchester City
Shakhtar Donetsk 3 – 1 Feyenoord
Besiktas 1 – 1 Monaco
FC Porto 3 – 1 RasenBallsport Leipzig
Borussia Dortmund 1 – 1 APOEL Nicosia
Tottenham Hotspur 3 – 1 Real Madrid
2,555 total views, 1 views today

BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
AMASO ARARYA INDA IGASONZA KURI NOHELI AMASO YAWE YEREKE IBYIZA,UKWEYE KUREBA ABA BAKOBWA BEZA WASHAKA GUPFA
Amateka y’Umukecuru wabanye n’Umwami Kigeli V akabana na Gen Fred Rwigema na Perezida Kagame ari mu batangije ishuri ry’Umuco
Itohoza :Abanyarwanda baba mu mahanga bakomeje gusebya Leta y’u Rwanda bitwikiriye politiki n’uburenganzira bwa muntu
Ikipe ya Newcastle Utd mu batoza 4 ishaka Gerrard ashobora guhabwa amahirwe yo kuyitoza kurusha Konte
Real Madrid itomboye Liverpool umukino ushobora kubamo kwihorera naho Bayern itombora PSG ,Menya uko izindi zatomboranye
Amashuri 400 azaberamo imikino izahuza abafite ubumuga bwo mu mutwe n’abataramugaye hamaze kuboneka 30
Gerrard Houllier watoje Liverpool n’u Bufaransa yitabye Imana ku myaka 73
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Uburyo ibiciro by’ingendo mu gihugu hose biteye nyuma yo kuzamurwa na RURA
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Leave a reply