umu amakuru- Madamu Jeannette Kagame yifurije isabukuru nziza Perezida Kagame | Umusingi

Madamu Jeannette Kagame yifurije isabukuru nziza Perezida Kagame

Please enter banners and links.

Madamu Jeannette Kagame yifurije isabukuru nziza Perezida wa Repubulika Paul Kagame wujuje imyaka 60 y’amavuko, amushimira uburyo ari umubyeyi n’umugabo mwiza wita ku muryango.

Ku wa 23 Ukwakira mu 1957 nibwo Umukuru w’Igihugu, Paul Kagame yabonye izuba avukiye i Nyarutovu mu yahoze ari Komini Tambwe, Perefegitura ya Gitarama ubu ni mu Karere ka Ruhango mu Ntara y’Amajyepfo.

Mu butumwa yanditse kuri Twitter ye, Madamu Jeannette Kagame, umaze imyaka 28 ashakanye na Perezida Kagame, yamushimiye uburyo akunda umuryango kandi akanawitaho.

Yagize ati “Nifurije isabukuru nziza y’amavuko umugabo wanjye. Mwarakoze kuba umubyeyi mwiza, wuje urukundo, wita ku muryango ndetse ukaba n’umufasha mwiza mu buzima bwacu bwose.”

 

 

3,327 total views, 5 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.