umu amakuru-    Amavubi yihimuye ku ibirwa bya Moritius Iyitsinda bitego 5-0 | Umusingi

12592200_751578391644138_6521314566006923941_n    Amavubi yihimuye ku ibirwa bya Moritius Iyitsinda bitego 5-0

Please enter banners and links.

12592200_751578391644138_6521314566006923941_n

 

 

Kumugoroba wo kuri uyu wa kabiri, taliki 29 Werurwe 2016 mu mukino wahuje ikipe y’igihugu cy’u Rwanda Amavubi  n’ibirwa bya Moritius kuri stade Amahoro, warangiye Amavubi y’u Rwanda atsinze bikomeye ibirwa bya Moritius  ibitego 5-0.

Ni umukino watangiye Amavubi asatira  cyane kuko ku isegonda rya 52 gusa uwitwa Sugira Erneste yaje gutera umupira unyura hejuru y’izamu ,kurundi ruhande ariko ubona ko ikipe y’ibirwa bya Moritius (les Dodos) ishaka kurinda izamu ryayo.

Sugira

Umukino wakomeje maze kumunota wa 11gusa w’igice cya mbere Nshuti Savio atsinda igitego cya mbere n’umutwe ku mupira yarahawe n’uwitwa Omborenga Fitina.

Umukino  amavubi yokomeje akina neza asatira bikomeye, ugeze  kumunota wa 31 rutahizamu w’amavubi Sugira Erneste  atsinda igitego cya kabiri.

Ku munota wa 31gusa Sugira yatsinze igitego cye cya kabiri kikaba icya gatatu cy’Amavubi,bajya kuruhuka ari 3 by’Amavubi ku busa bwa Les Dodos ya Moritius.

 Mu gice cya kabiri amakipe yagurutse ubona ko ikipe y’u Rwanda ikomeza gusatira  ishaka gukomeza kongera umubare w’ibitego.

 Ku munota wa 60 w’umukino, Imran Nshimiyimana yaje kuvunika , bituma asimburwa na Mugiraneza Jean Baptiste winjiranye na Muhadjiri Hakizimana wasimbuye Iranzi J.Claude uyu Muhadjiri akaba ari nawe mukino we wambere yakinnye mu ikipe y’igihugu, bigeze ku munota wa 71 Myugariro w’ikipe y’Amavubi Fitana Omborenga yaje gucenga ab’inyuma ba Moritius maze ashyira ku gituza  itera mu izamu igitego cya kane cy’u Rwanda.

Umukino wakomeje gukinwa u Rwanda ari rwo ruyoboye muze umukino ugiye kurangira Mugiraneza Jean Baptiste bita Miggi aza gutsinda igitego cya nyuma cya gatunu  ku munota wa91 w’umukino maze umukino urangira gutyo ari 5 -0.

Nyuma y’umukino umutoza Jonathan McKinstry yatangarije abanyamakuru ko nubwo bigoye agifite amahirwe yo kwerekeza mu gikombe cya Afurika.

Uyu mukino  bitewe nuko kwinjara byari ubuntu witabiriwe n’abafana benshi.

 Abakinnyi 11 b’Amavubi babanjemo ni :

Ndayishimiye Eric.

Fitina Ombolenga.

 Emery Bayisenge.

 Abdul Rwatubyaye .

Sibomana Abuba.

 Imran Nshimiyimana.

 Yannick Mukunzi.

 Haruna Niyonzima.

 J.C. Iranzi, Nshuti Savio.

 Sugira Ernest.

Kuwa Gatandatu tariki 26 Werurwe,ibirwa bya Mauritius byari byatsinze  u Rwanda igitego 1-0.

Kuri ubu u Rwanda rusigaje imikino ibiri irimo uwa Mozambique i Kigali n’uwa Ghana i Accra muri Ghana.

U Rwanda nyuma yo gutsinda ikipe y’ibirwa bya Moritius byaruhesheje kubona amanota 6 maze rufata umwanya wa kabiri  mu itsinda H nyuma y’ikipe ya Ghana ni iya mbere ifite amanota 10 naho ikipe ya Moritius ku mwanya wa gatatu nayo ifite  hanyuma Mozambique igakirikiraho.

ZIGAMA Theoneste.

2,906 total views, 1 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.