umu amakuru- Charly na Nina bakoze indi indirimbo nziza ZAHABU bakoreye muri Uganda | Umusingi

Charly na Nina bakoze indi indirimbo nziza ZAHABU bakoreye muri Uganda

Please enter banners and links.

Itsinda ry’abakobwa 2 babahanzi bagezweho mu Rwanda  Charly na Nina bari bamaze igihe muri Uganda bahakorera akazi kanyuranye ka muzika, aba bahanzikazi batangiye kugaragaza umusaruro w’ibyo bamazemo iminsi muri Uganda bashyirira rimwe hanze indirimbo ‘Zahabu’ n’amashusho yayo

Iyi ndirimbo Zahabu ije nyuma ya ‘Mfata’ aba bakobwa bari bamaze iminsi bakoze, kuri ubu bayishyize hanze iri kumwe n’amashusho yayo yafashwe akanatunganywa na Sacha Vybes umugande umaze kubaka izina mu gufata no gutunganya amashusho y’abahanzi muri aka karere.

Ikinyamakuru Umusingi cyabajije umwe muribo Nina impamvu bayise Zahabu maze avuga ko bashatse kugaragaza ikintu cy’agaciro .

Iri jambo urisesenguye wasangamo ubutumwa bwinshi butandukanye kuko umwe ashobora kwibaza niba aribo Zahabu kuko ari abakobwa beza ,undi nawe akaba yavuga ko indirimbo zabo kubera gukundwa cyane nazo zifite agaciro nk’akazahabu.

Amajwi y’iyi ndirimbo yo yafashwe anatunganywa na producer Nessim umugande umaze kubaka izina mu bahanzi bo mu Rwanda cyane ko amaze iminsi asa n’uwigaruriye isoko ryo gukora indirimbo z’abanyarwanda uyu akaba ari nawe wakoze indirimbo zakunzwe nka ‘Owooma’ iherutse no kuba indirimbo y’umwaka muri Uganda.

Aba bahanzi bakaba bakunzwe cyane mu ndirimbo zabo zitandukanye zirimo Owooma ,Indoro ,Mfata n’izindi nyinshi cyane.

Noella

 

3,199 total views, 3 views today

About author

Related Articles

1 Comment

  1. ALMU September 19, 2017 at 10:06 am

    Uburanga bwiza burashukana…. (niko Bibiliya ivuga) , mwarimukwiye namwe kwitekerezaho mugashaka, mukaba ababyeyi. Kuko muri beza, ariko bazajya bahora bababyinirira gusa….

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.