Rihanna mu berekanye imideli mu buryo butamenyerewe muri New York Fashion Week
— September 12, 2017
Please enter banners and links.

Umuhanzi Robyn “Rihanna” Fenty umaze igihe ari mu bakunzwe muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika no ku isi yose yamuritse imideli mu buryo bwatunguye benshi mu bitabiriye icyumweru cyahariwe imideli mu Mujyi wa New York.
Rihanna afite impano zitandukanye kandi Imana yamuhaye amahirwe yo kuzibyaza umusaruro ku buryo icyo akoze cyose gikundwa cyane haba mu buhanzi bwe bw’indirimbo haba mu kwerekana imideli n’izindi mpano agira zitandukanye.
Ibirori bisa n’ibiyoboye uruganda rw’imideli ku Isi, New York Fashion Week bigiye kumara icyumweru bibera mu Mujyi wa New York. Byatangijwe ku wa Kane tariki ya 7 Nzeri bikaba biteganyijwe ko bizasozwa ku wa Gatatu w’iki cyumweru, tariki 13 Nzeri 2017.
Rihanna wakunze no gukora ibikorwa byo kumurika imideli mu bihe bitandukanye no kwamamariza ibigo bikomeye ku Isi biyikora yagaragaje imideli mishya mu ruhererekane rw’iya Puma ikunze kwifashishwa n’abakora siporo cyangwa abarimba.
Mu kumurika iyo mideli, Rihanna yatunguranye agaragara atwawe n’umumotari ahari hashashe umucanga w’iroza ugaragaza imisozi. Abiyerekanye mu gihe yari uyu muhanzi yari yahariwe bose bari bambaye imyenda ya Puma irimo n’iharawe ku migabane itandukanye muri iyi minsi.
USA Today yatangaje ko ibi Rihanna yabikoze abifashijwemo n’umugabo witwa Tom Ford uzwi mu gutegura imitako wabiteguye mbere y’iminsi ngo igikorwa nyirizina n’umunsi we mu kumurika imideli muri New York Fashion Week ugerweho.

Rihanna atwawe kuri moto nziza ihenze yerekana imideli




Abamotari bari baherekeje uyu muhanzi bakoze imyiyereko yishimiwe n’abakurikiranye icyo gikorwa ndetse itera bamwe ubwoba bitewe n’udushya tumenyerewe mu masiganwa yo mu misozi twerekanywe bigatuma umwanya Rihanna yahawe wo kumurika imideli ufatwa nk’uwagaciro kuko ibyawukozwemo byari bitarakorwa muri New York Fashion Week.







Iki gikorwa cyo kumurika imyambaro cya Rihanna n’abanyamideli batandukanye bari bamuherekeje cyakurikiwe n’ibyamamare birimo Ashley Graham, Cardi B, Whoopi Goldberg, Ty Dolla $ign, Big Sean, Jhene Aiko, Joey Bada$$ n’abandi bantu b’ingeri zitandukanye bazwi mu ruhando rw’imyidagaduro muri Amerika.
Rihanna yamuritse imideli ya Puma muri iki gikorwa cyabereye ahitwa Park Avenue Armory muri Upper East Side, New York, nyuma y’igihe gito ashyize ahagaragara ubwoko bw’ibizwi nk’ibirungo binogereza ababyize mu bwiza akabyita ’Fenty Beauty’.
Rihanna asanzwe ari umwe mu baririmbyikazi bazwi muri Amerika no ku Isi muri rusange, mu ndirimbo zirimo “Umbrella” yafatanyije na Jay Z wamuzamuye mu muziki, iyitwa “Te Amo”, “Diamonds”, “Where Have You Been”, izo yasohoye kuri album iheruka yise “Anti” n’izindi.
2,656 total views, 1 views today

TURASHAKA KO ABATERA NKUNGA NA LETA BAMENYA AMANYANGA YA INNOC BAHATI WIBYE IMITUNGO YA ABASIRWA
UMURIRO UGIYE KWAKA, FRANK GASHUMBA ATEGETSWE KUTONGERA KWITA UMWANA WE RWABUGIRI
KARABAYE NONEHO MUSEVENI AZANYE AMAJWI Y’ABAPFUMU KADAGA YARAGIYE KUMUROGA NA GEN SALEH NA MUHOOZI(Vedio)
BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
AMASO ARARYA INDA IGASONZA KURI NOHELI AMASO YAWE YEREKE IBYIZA,UKWEYE KUREBA ABA BAKOBWA BEZA WASHAKA GUPFA
Muri Honeys abakobwa babacurika imitwe amaguru hajuru bakabashyiramo amacupa mu bitsina(Vedio)
SODOMA NA GOMORA,AKABARI NEW BEST BISHYURA KUREBA ABASAMBANA KU MUGARAGARO,BIRATANGAJE
Abahanzi bavukana Weseal n’umugore we Miss Sandra Teta ,Chameleon na Palaso basigaye bacurangira mu kabari kamwe (Video))
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Reba aya amafoto meza 44 utazapfa utayarebye uburyo agaragaza ubunya Afurika bw’umwimerere
Isimbi Noeline uzwiho kwifotoza yambaye ubusa yongeye gutungura abantu asohora andi mafoto nyuma y’igihe atavugwa mu itangazamakuru
Leave a reply