Breaking News:Abayobozi 3 bo muri ADEPR bafunzwe na polisi
— May 3, 2017
Please enter banners and links.

Amakuru agera ku kinyamakuru Umusingi muri iki gitondo cyo kuwa 3 Gicurasi 2017 aravuga ko abayobozi batatu mu Itorero rya Pentekote mu Rwanda, ADEPR, batawe muri yombi na Polisi y’Igihugu bakurikiranyweho gucunga nabi umutungo waryo.
Ikinyamakuru Umusingi cyashatse kumenya niba ayo makuru yifungwa ry’abayobozi 3 bakomeye muri ADEPR maze kibaza Umuvugizi wa Polisi y’Igihugu, ACP Theos Badege maze yemeza ko ayo makuru ariyo ko hafunzwe abayobozi 3.
Ati “ Hari batatu bafunzwe. Hari Eng. Sindayigaya Theophile;Umuyobozi Mukuru ushinzwe Imari, Gasana Valens n’uwitwa Mutuyemariya Christine ushinzwe ubutegetsi n’Imari. Bafungiye ibyo gucunga nabi umutungo.”
Umwe mu barwanya ubutegetsi bwa ADEPR utashatse ko amazina ye atangazwa yahamagaye Ikinyamakuru Umusingi n’ibyishimo byinshi ati “amakuru wayamenye se?byakomeye muri ADEPR ba bantu bakomeye bo hejuru mu buyobozi bamwe bafunzwe”.
Hashize igihe havugwa intambara y’amagambo ndetse no guhangana muri ADEPR ku buryo hari abavuye muri iryo torero bagashinga iryabo abandi n’abitwa Nzahura torero n’abandi bapasitori nabo bishyizehamwe bashaka gukuraho ubuyobozi bwa ADEPR babushinja ibyaha bitandukanye birimo gucunganabi umutungo w’Itorero.
Ikinyamakuru Umusingi cyashatse kubaza umuvugizi mukuru wa ADEPR Bishop Sibomana Jean ariko Telephone ye idacamo.
Gatera Stanley
2,945 total views, 3 views today

BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
AMASO ARARYA INDA IGASONZA KURI NOHELI AMASO YAWE YEREKE IBYIZA,UKWEYE KUREBA ABA BAKOBWA BEZA WASHAKA GUPFA
Amateka y’Umukecuru wabanye n’Umwami Kigeli V akabana na Gen Fred Rwigema na Perezida Kagame ari mu batangije ishuri ry’Umuco
Itohoza :Abanyarwanda baba mu mahanga bakomeje gusebya Leta y’u Rwanda bitwikiriye politiki n’uburenganzira bwa muntu
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Uburyo ibiciro by’ingendo mu gihugu hose biteye nyuma yo kuzamurwa na RURA
Leave a reply