Perezida Kagame yatangiye uruzinduko rw’iminsi ibiri muri Angola,impamvu z’uruzinduko rwe harimo n’umutekano
— March 20, 2019
Please enter banners and links.

Perezida Kagame kuri uyu wa Gatatu tariki 20 Werurwe 2019 yatangiye uruzinduko rw’iminsi ibiri i Luanda muri Angola aho azakirwa na mugenzi we w’iki gihugu, João Lourenço.
Ku munsi wa mbere w’uruzinduko rwe muri Angola, Perezida Kagame na mugenzi we wa Angola baragirana ibiganiro biza gukurikira umusangiro wo kwakira Perezida w’u Rwanda.
Uru rugendo ruje nk’umwanya w’ibihugu byombi kugira ngo bishimangira umubano by’umwihariko mu ngeri zihuriweho zirimo ibijyanye n’ingendo zo mu kirere, umutekano, ubutabera, imigenderanire hagati y’abaturage b’ibihugu byombi, ikoranabuhanga n’imiyoborere.







Ku munsi wa Kabiri w’uruzinduko rwe muri Angola, abakuru b’ibihugu byombi bazagirana ikiganiro n’abanyamakuru.
Uru ruzinduko ruje nyuma y’aho muri Gashyantare uyu mwaka , ibihugu byombi byashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye mu gucunga umutekano no gukumira ibyaha bibangamira ituze ry’abaturage babyo.
Ni mu gihe kandi muri Kamena umwaka ushize Angola yatangaje ko bitewe n’umubano w’indashyikirwa ifitanye n’u Rwanda kandi yifuza guteza imbere, abaturage barwo batazongera gusabwa viza y’umukerarugendo kugira ngo binjire ku butaka bwayo.
Ibihugu byombi kandi byashyize umukono ku masezerano aha uburenganzira Ikompanyi y’Indege y’u Rwanda (RwandAir) kuba yakoresha ibibuga by’indege byose byo muri Angola n’Ikompanyi y’Indege yo muri Angola (TAAG Angola Airlines) igashobora gutangira gukorera imirimo yayo mu Rwanda.
Angola ni igihugu kiri muri Afurika yo hagati gikoresha Ikinya-Portugal nk’ururimi. Ifite ubuso bungana na km2 1,246,700 aho ituwe n’abaturage barenga miliyoni 25.
Ni kimwe mu bihugu byo muri Afurika bikize ku mabuye y’agaciro nka Diamant, Zahabu, Umuringa ndetse gicukurwamo Peteroli nyinshi.
Ifaranga rimwe ryo muri Angola [Kwanza] rivunjwa 2.86 by’amanyarwanda.Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane y’uRwanda nayo ikaba yahise itangaza uruzinduko rwa Perezida muri Angola ibinyujije ku rukuta rwayo rwa Facebook.
4,009 total views, 3 views today

BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
AMASO ARARYA INDA IGASONZA KURI NOHELI AMASO YAWE YEREKE IBYIZA,UKWEYE KUREBA ABA BAKOBWA BEZA WASHAKA GUPFA
Amateka y’Umukecuru wabanye n’Umwami Kigeli V akabana na Gen Fred Rwigema na Perezida Kagame ari mu batangije ishuri ry’Umuco
Itohoza :Abanyarwanda baba mu mahanga bakomeje gusebya Leta y’u Rwanda bitwikiriye politiki n’uburenganzira bwa muntu
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Uburyo ibiciro by’ingendo mu gihugu hose biteye nyuma yo kuzamurwa na RURA
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Leave a reply