umu amakuru-  EUFA Champions League : Atletico Madrid yakoze ibyo benshi batari biteze isezerera Bayern Munich. | Umusingi

Simione  EUFA Champions League : Atletico Madrid yakoze ibyo benshi batari biteze isezerera Bayern Munich.

Please enter banners and links.

Simione

 

Ikipe ya Atletico Madrid yakoze ibintu abantu benshi  batakekaga ubwo yasezerega ikipe ya Beyern Monich mu mikino yo guhatanira  igikombe cya EUFA Champions League ku mugabane w’u Burayi,nyuma yo kunganya ibitego 2-2 ariko kuko  Atletico Madrid yari yatsinze igitego cyo hanze byatumye ikomeza ku mukino wa nyuma.

Mu mukino ubanza wabereye mu gihugu cya Espanye  ,ikipe ya Atletico Madrid yari yashoboye gutsinda ikipe Beyern Munich yo mu Budage yari yakiriye igitego 1 ku busa.

Muri uyu mukino wo kwishyura ikipe ya Beyern yasabwaga gutsinda ibitego bibiri nibura kugirango ikomeze ikirinda gukora ikosa ry’uko Atletico yayinjizamo igitego.

Uyu mukino wabere mu gihugu cy’ubudage waranzwe no kwataka  gukomeye kw’ikipe ya Beyern Munich dore ko ari nayo yahabwaga amahirwe yo gukomeza.

ifoto

Byageze ku munota wa 31 Bayern Munich ibona igitego cyatsinzwe na Xabi Alonso abenshi batangira gutekereza ko igiye gunyagira Atletico Madrid byinshi arko siko byagenze kuko  ikipe ya Atletico yaje kwishyura igitego gitsinzwe na Antoine Griezmann maze ibintu biba birahindutse aho ikipe ya Bayern yasabwaga nibura ibitego 3 kugirango ikomeze.

Umukino waje gukomeza ariko ikipe ya Byern ibyo yasabwaga ntiyabishobora kuko yaje gutsinda igitego kimwe gusa bityo iminota 90 yose irangira ari 2 bya Bayern kuri 1 cya Atletico Madrid,wateranya ibitego mu mikino yombi ugasanga ari 2-2 ariko Atletico Madrid ikaba yari yashoboye gutsinda igitego hanze,byatumye ariyo ikomeza ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League.

IFF

Bayern si ubwa mbere isezerewe  muri ½ n’ikipe  yo mu gihugu cya Espanye,kuko no mu mwaka wa 2014 yasezerewe na Real Madrid yongera gusererwa na FC Barcelona muri 2015 .

Kuri uyu wa gatatu hitezwe umukino uza kugaragaza ikipe izahurira ku mukino wa nyuma n’ikipe ya Atletico Madrid  uza guhuza ikipe ya Real Madrid yo muri Espanye na Manchester City yo mu Bwongereza.

Ikipe ya Real Madrid na Manchester City zari zanganyirije mu Bwongereza 0-0 mu mukino ubanza,bivuze ko Real Madrid ariyo ihabwa amahirwe yo gukomeza kuko ariyo igiye kwakira uyu mukino, isabwa gutsinda nibura igitego kimwe kubusa ikikomereza ku mukino wa nyuma dore ko yanagaruye umukinnyi ngenderwaho Christiano Ronalido utarakinnye umukino ubanza.

Umukino wa nyuma wa Champions League biteganyijwe ko uzabera ku kibuga cya Giuseppe Meazza cya AC Milan na FC Internazionale Milano mu gihugu cy’u Butaliyani ku italiki ya 28 Gicurasi uyu mwaka.

Zigama Theoneste

3,028 total views, 7 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.