umu amakuru- Bizimana Djihad ashobora kutazakinira Amavubi mu mukino wo kwishyura uzayihuza na Ethiopia. | Umusingi

Bizimana Djihad ashobora kutazakinira Amavubi mu mukino wo kwishyura uzayihuza na Ethiopia.

Please enter banners and links.

Mu bakinnyi bari bahamagawe n’umutoza w’ikipe y’Igihu Amavubi Antoine Hey,na Bizimna Djihad yahamagawe mbere ,mu gufasha ikipe y’u Rwanda gutsinda ikipe ya Ethiopia mu gushaka itike ya CHAN 2018 umukino wabereye muri Ethiopia.

Nkuko bikomeje bivugwa kuri Bizimana Djihad ko atazakinira Amavubi,ibi bivuzwe nyuma yaho uyu mukinnyi yahabwaga ikarita itukura ubwo ikipe y’Amavubi yakinaga na Congo,akaba yongeye kubona indi karita muri iki cyumweru bakina na Ethipia,ibi bikazaba imbogamizi kuri uyu mukinnyi Bizimana Djihad.

Taliki 4 Ugushyingo 2017 nibwo ikipe y’Igihugu Amavubi yagombaga gukina na Ethipia,Uyumukino wari ukomeye cyane ku bihugu byombi,dore ko habonetse ibitego 5 kumpande zombi 2 by’ikipe ya Ethiopia ndetse na 3 by’Amavubi.

Ku ruhande rw’u Rwanda abakinnyi bagize uruhare mu gutsinda ibibitego 3 harimo Rutanga Eric ukinira Rayon Sports, Biramahire Abeddy wa Police FC ndetse na Hakizimana Muhadjili wa APR Fc,ku bintu  byashimishije Abanyarwanda.

Iyi kipe ya Ethiopia yokomeje gusatira bikomeye ikipe y’u Rwanda kumunota wa 18,  bafungura amazamu ku gitego cyiza cyane cyatsinzwe na Asechalew Girma ku mupira yahawe na Mesude Mohammed amaze gucenga abakinnyi bagera kuri 3.

Igitego cya 2 Muhadjili Hakizimana niwe waje kugitsinda ku munota wa 78, nyuma igitego cya 3 cyatsinzwe na Biramahire Abeddy ku munota wa 80 umukino urangira kuri3-2 intsinzi itahana Amavubi.

 

 Dvid Mayira/Umusingi.net

 

 

2,903 total views, 3 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.