Umukandida Frank Habineza uhagarariye Ishyaka Green Party avuga ko yizeye intsinzi n’ubwo FPR ivuga ko ibizava mu matora bizwi
— July 16, 2017
Please enter banners and links.

Umukandida w’ishyaka riharanira Demukarasi no kurengera ibidukikije (Green Party), Dr.Frank Habineza aratangaza ko yiteguye gukomeza guhatana mu matora y’umukuru w’igihugu, atitaye ku mvugo y’ishyaka riri k’ubutegetsi FPR Inkotanyi ryumvikanisha ko ryarangije gutsinda amatora.
Habineza abona imvugo y’iri shyaka inyuranyije n’imyitwarire yaryo mu bikorwa byo kwiyamamaza ngo kuko rishyira ubushobozi bwinshi mu kwiyamamaza kandi rivuga ko ibizava mu matora bizwi. Dr.Frank Habineza ati “urugamba ruracyari rwose nzi neza ko abantu mu mitima yabo bazantora n’ubwo bataza kumva imigabo n’imigambi ari benshi”.
Ku munsi wa gatatu hatangijwe gahunda yo kwiyamamaza, uyu mukandida watanzwe n’ishyaka riharanira demukarasi kurengera ibidukikije, yatangaje ko urugendo rutarimo kuborohera. Baragenda bahura n’ibisitaza mu nzira.
Hari ikintu yatangaje ko mu gihe gito bamaze batangiye kwiyamamaza, yishimira cyane uburyo inzego z’umutekano zibafasha, n’ubwo ngo hari abantu bagenda biyoberanya bakabavangira.
Ku munsi w’ejo Kuwa mbere tariki ya 17 Nyakanga 2017 uyu mukandida azakomereza mu Burasirazuba aho ategerejwe n’abantu benshi nkuko amakuru aturukayo avuga ko bakurikije manifesto ye bazaza ari benshi kumushyigikira.
Habineza ahamya ko n’ubwo batabona ubwinshi bw’abaturage aho baba bagiye kwiyamamaza, bizeye kuzabona itsinzi. Asobanura ko abaturage bababwira ko batinya kuza kumva imigabo n’imigambi yabo ariko ko babashyigikiye.Bamwe ngo bavuga ko ibanga riri ku mutima bazabirebera ku bizava mu matora .
Umukandida w’Ishyaka FPR Inkotanyi Paul Kagame akaba aherutse kuvuga ko ibizava mu matora bizwi ,Dr.Frank Habineza akaba avuga ko ubwo bamenye ko azabatsinda ariyo mpamvu bavuga ko bizwi kuko we yizeye intsinzi.
2,706 total views, 1 views today

BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
AMASO ARARYA INDA IGASONZA KURI NOHELI AMASO YAWE YEREKE IBYIZA,UKWEYE KUREBA ABA BAKOBWA BEZA WASHAKA GUPFA
Amateka y’Umukecuru wabanye n’Umwami Kigeli V akabana na Gen Fred Rwigema na Perezida Kagame ari mu batangije ishuri ry’Umuco
Itohoza :Abanyarwanda baba mu mahanga bakomeje gusebya Leta y’u Rwanda bitwikiriye politiki n’uburenganzira bwa muntu
Umunyamakuru Shyaka Kanuma wa Rwanda Focus yafunguwe arangije umwaka muri gereza
Champions League: Amakipe ahabwa amahirwe yo gutwara igikombe uko yatomboranye ,Real Madrid na Manchester City, FC Barcelone na Napoli,Liverpool isigaye iryana izahura na Atletic Madrid
Leave a reply