Ivangura mu banyamigabane ba COPEDU Ltd
— November 13, 2016
Please enter banners and links.

Ikigo cy’imari cya COPEDU Ltd haravugwamo ivangura mu banyamigabane.
Amakuru aturuka mu banyamigabane ba COPEDU Ltd aravuga ko bamwe mu banyamigabane basigaye bavangurwa ku mpamvu bavuga ko zidasobanutse.
Umwe mu banyamigabane utarashatse ko amazina ye atangazwa kubera impamvu z’umutekano we yagize ati “ndi umwe mu banyamigabane ba COPEDU ariko iyo bakoresheje inama rusange ntago bantumira muri iyo nama nkibaza impamvu najyaga ntumirwa ubu nkaba ntagitumirwa”.

Uwo muntu akomeza avuga ko we yumva abanyamigabane bose baba bakwiye gutumirwa mu nama rusange yo kureba inyungu imigabane yabo yangutse ariko mu gihe ubuyobozi bwa COPEDU butangiye kuvangura bamwe ntibatumirwe hashobora kuvuka ibibazo bikomeye kuko imigabane y’ababa batatumiwe nayo iyo babara ko bungutse ntago bayikuramo kandi banyirayo nabo baba bakeneye inyungu nkuko abandi bayibona.
Ikinyamakuru Umusingi cyabajije umwe mu bayobozi ba COPEDU Ltd witwa Karitas impamvu batumira bamwe abandi ntibabatumire maze avuga ko ari uko konte zabo zitagikora.
Karitas yasabye kuzaza aho icyo kigo gikorera kugirango atange ubusobanura bihagije.
Bamwe mu bavuga ko bavanguwe bakomeza bavuga ko n’ubwo konte zabo zaba zitagikora neza ariko zirahari kandi imigabane yabo iracyakoreshwa inyungu bakaba basanga badakwiye kuvangurwa mu bandi .
Niba ikigo cya COPEDU Ltd cyumva abo banyamigabane batakibafata nk’abanyamigabane babo bakwiye kubahamagara bose bakumvikana uburyo basubizwa imigabane yabo n’inyungu kuko amafaranga yabo COPEDU yarayakoresheje iyabyaza inyungu.
Mu bigo bishaka gutera imbere cyane aba banyamigabane ntibakabaye bavangurwa ahubwo bakabaye bitabwaho cyane bakababaza impamvu n’izo konte zitagikora.
Ikindi bibaza ni uburyo iyo COPEDU Ltd idashobora kuguriza umunyamigabane niyo byaba ibihumbi ijana cyangwa Magana atanu mu gihe afite umushinga ushobora kuyamwishyura mukwezi kumwe ,ibyo byose aba banyamigabane babivugaho bakavuga ko ari ukubacururiza amafaranga yabo yo ikunguka ariko bo ntibagire icyo bunguka.
Umusingi1@gmail.com
3,165 total views, 1 views today

TURASHAKA KO ABATERA NKUNGA NA LETA BAMENYA AMANYANGA YA INNOC BAHATI WIBYE IMITUNGO YA ABASIRWA
UMURIRO UGIYE KWAKA, FRANK GASHUMBA ATEGETSWE KUTONGERA KWITA UMWANA WE RWABUGIRI
KARABAYE NONEHO MUSEVENI AZANYE AMAJWI Y’ABAPFUMU KADAGA YARAGIYE KUMUROGA NA GEN SALEH NA MUHOOZI(Vedio)
BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Reba aya amafoto meza 44 utazapfa utayarebye uburyo agaragaza ubunya Afurika bw’umwimerere
Isimbi Noeline uzwiho kwifotoza yambaye ubusa yongeye gutungura abantu asohora andi mafoto nyuma y’igihe atavugwa mu itangazamakuru
Leave a reply