Umuherwe Rwabukamba yapfuye mu buryo buteye ubwoba
— October 10, 2016
Please enter banners and links.

Amakuru agera ku kinyamakuru Umusingi aravuga ko umuherwe wi Rwamagana Rwabukamba Venuste yapfuye ariko urupfu rwe rukaba rwateye amayobera.
Kuri uyu wa mbere taliki 10 Ukwakira 2016 ahagana mu ma saa tanu za mugitondo nibwo inkuru y’urupfu rwe yatangiye kuvugwa ndetse abantu batandukanye urupfu rwe baruvuzeho bitandukanye.
Umwe mu baturage batuye I Rwamagana utashatse ko amazina ye atangazwa yagize ati “ejo twarahuye nimugoroba yitwaye mu modoka ari muzima ariko ngo ahagana saa tanu uyu munsi ngo yaje aparika imodoka yinjira mu nzu aho umugore we yaziye asanga umuntu yapfuye cyera”.
Amakuru avuga ko umugore wa Rwabukamba yari atashye avuye ku kazi, yatunguwe no gusanga umugabo we hasi mu cyumba bararagamo, akikijwe n’amaraso menshi.
Hafi ye hari imbunda yo mu bwoko bwa masotera n’igitoyi cy’isasu, bikaba bikekwa ko ariyo yamuhitanye.
Mu gihe umurambo wa Rwabukamba wajyanywe mu buruhukiro bw’ibitaro bya Rwamagana, Polisi ikomeje iperereza mu kumenya impamvu nyayo y’uru rupfu.
Rwabukamba akaba yari yarafungiwe Depo na Restora ye yarafunzwe ndetse hakaba hari umuntu wo mu muryango we wadutangarije ko hari ibaruwa Nyakwigendera Rwabukamba yandikiye Akarere asaba ko yafungurirwa Restora ye.
Nyuma yo kumva ibyo bibazo byose byamuvugwaho Ikinyamakuru Umusingi cyagiyeyo mu kwezi gushize maze kiganira na Nyakwigendera kimubaza impamvu yambuwe Depo na Restora igafungwa.
Aganira n’ikinyamakuru Umusingi Rwabukamba yagize ati “ibya Depo Bralirwa bashakaga ko nirirwa hano nkaho ndi umukozi wabo baransuzuguye ndabareka bakora ibyo bashaka ariko kuba baratwaye Depo ntibimbuza gukora ibindi nta kibazo mfite”.
Ikinyamakuru Umusingi kibajije ushinzwe itangazamakuru yavuze ko ibyo bintu Rwabukamba yavuze ataribyo ndetse agira ati “ibyo bintu ushatse wabireka”.
Hari abavuga ko yari afite ibibazo bikomeye bijyanye n’ubucuruzi ari nabyo abantu bakeka ko byaba aribyo nyirabayazana w’urupfu rwe.
8,887 total views, 3 views today

Misiyo rukokoma yo kwica Perezida Museveni no kuroga abayobozi bakomeye muri Leta (Vidiyo)
INKUBIRI Y’IMYIGARAGAMBYO Y’ABATAVUGARUMWE NA LETA Y’URWANDA IKOMEJE GUFATA INDI NTERA
Kuki Perezida Kahame akivuga kuri Gen Kayumba Nyamwasa nyuma y’imyaka 16 yarahunze Igihugu?(Reba Video)
Umunyamakuru akaba n’umuhanzi YAGO wahungiye muri Uganda yasabye imbabazi umuvugizi wa RIB
Umukozi wa ABASIRWA INNOC Bahati afatanije na Visi Perezida Muhizi barashaka kwiba Ishyirahamwe, Ibikoresho byo byamaze kwibwa(RIB) Nitabare
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Leave a reply