RIB yataye muri yombi umunyamakuru ukurikiranyweho uburiganya nyuma y’abandi 5 bafunzwe
— April 13, 2020
Please enter banners and links.

Urwego rw’Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko rwataye muri yombi umunyamakuru ufite televiziyo ikorera kuri murandasi, akurikiranyweho icyaha cy’uburiganya.
Mu butumwa bwanyujijwe ku rukuta rwa Twitter rwa RIB buvuga ko uwo munyamakuru yafashwe yahuje abaturage abizeza kubaha buri muntu amafaranga ibihumbi makumyabiri (20000frw) maze akabafata amajwi n’amashusho babeshya ko babonye inkunga y’ibiryo byatanzwe n’umuterankunga uba mu mahanga agamije gusabisha iyo nkuru inkunga mu nyungu ze bwite.
RIB ivuga ko “Ibi yakoze bigize icyaha cy’uburiganya gihanwa n’amategeko mu Rwanda kandi binanyuranyije n’amabwiriza yo kurwanya ikwirakwiza ry’icyorezo cya Coronavirus. Ukekwa afungiwe kuri sitasiyo ya RIB ya Remera mu gihe iperereza rikomeje.”
Uyu atawe muri yombi nyuma y’iminsi na none hatawe muri yombi itsinda ry’abantu biyise “Abahujumutima” barimo abanyamakuru babiri bafashwe bahuruje abaturage ngo babahe ibyo kurya byo kubafasha nta buyobozi bw’ibanze bwabimenyeshejwe ndetse hatitawe no ku mabwiriza yo kwirinda kwandura icyorezo cya Coronavirus.



Hari n’abandi banyamakuru 3 bafashwe havugwamo ukorera ikinyamakuru cyo Hanze kitwa Broomberg bikavugwa ko ari uwitwa Butera Saul ndetse n’uwitwa Gahamanyi John ukorera New Times na Ivan Mugisha ukorera The Eastafrican.
RIB yibutsa abaturarwanda ko amabwiriza yatanzwe mu rwego rwo kurinda ikwirakwizwa ry’icyorezo cya Coronavirus agomba kubahirizwa na buri wese kandi ko itazihanganira uwo ariwe wese uzashyira abaturage mu kaga anyuranya n’ayo mabwiriza.
4,064 total views, 3 views today

TURASHAKA KO ABATERA NKUNGA NA LETA BAMENYA AMANYANGA YA INNOC BAHATI WIBYE IMITUNGO YA ABASIRWA
UMURIRO UGIYE KWAKA, FRANK GASHUMBA ATEGETSWE KUTONGERA KWITA UMWANA WE RWABUGIRI
KARABAYE NONEHO MUSEVENI AZANYE AMAJWI Y’ABAPFUMU KADAGA YARAGIYE KUMUROGA NA GEN SALEH NA MUHOOZI(Vedio)
BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Reba aya amafoto meza 44 utazapfa utayarebye uburyo agaragaza ubunya Afurika bw’umwimerere
Kuki Umuhungu wa Gen Fred Rwigema atatashye ubukwe bwa mushiki we Teta?
Leave a reply