Messi yakatiwe n’urukiko rwo muri Spain igifungo cy’amezi 21
— July 6, 2016
Please enter banners and links.

Lionel Messi, kabuhariwe mu mukino w’umupira w’amaguru yakatiwe igifungo cy’amezi 21 no gutanga ihazabu ya miliyoni zirenga ebyiri z’amadolari nyuma yo guhamwa n’ibyaha bitatu bijyanye no kudasora.
Icyo cyemezo cyafatiwe umunyargentina Messi, cyafashwe n’urukiko rw’umujyi wa Barcelona, ari naho akinira. Urwo rukiko kandi rwahanishije se wa Messi witwa Jorge na we gufungwa amezi 21 agatanga n’ihazabu ya miliyoni 1.5 z’amayero.
Uko ari babiri bahamwe n’ibyaha byo gukwepa imisoro ingana na miliyoni 4.1 z’amayero hagati y’umwaka wa 2007 na 2009.
Icyakora Messi w’imyaka 29 ashobora kutajyanwa muri gereza kuko amategeko muri Esipanye agena ko igihano kiri munsi y’imyaka ibiri bidafitanye isano n’urugomo umuntu ashobora kugikora ari hanze .
Mu rukiko Messi umaze kuba umukinnyi wa mbere ku isi inshuro eshanu yireguye avuga ko nta kintu na kimwe azi ku bijyanye n’umutungo we ahubwo ko ibyo aregwa byabazwa se. Messi aza ku mwanya wa 10 ku rutonde rw’abakinyi bakize kurusha abandi ku isi.
Ndayambaje F
2,759 total views, 1 views today

Misiyo rukokoma yo kwica Perezida Museveni no kuroga abayobozi bakomeye muri Leta (Vidiyo)
INKUBIRI Y’IMYIGARAGAMBYO Y’ABATAVUGARUMWE NA LETA Y’URWANDA IKOMEJE GUFATA INDI NTERA
Kuki Perezida Kahame akivuga kuri Gen Kayumba Nyamwasa nyuma y’imyaka 16 yarahunze Igihugu?(Reba Video)
Umunyamakuru akaba n’umuhanzi YAGO wahungiye muri Uganda yasabye imbabazi umuvugizi wa RIB
Umukozi wa ABASIRWA INNOC Bahati afatanije na Visi Perezida Muhizi barashaka kwiba Ishyirahamwe, Ibikoresho byo byamaze kwibwa(RIB) Nitabare
Ikipe ya Newcastle Utd mu batoza 4 ishaka Gerrard ashobora guhabwa amahirwe yo kuyitoza kurusha Konte
Real Madrid itomboye Liverpool umukino ushobora kubamo kwihorera naho Bayern itombora PSG ,Menya uko izindi zatomboranye
Amashuri 400 azaberamo imikino izahuza abafite ubumuga bwo mu mutwe n’abataramugaye hamaze kuboneka 30
Gerrard Houllier watoje Liverpool n’u Bufaransa yitabye Imana ku myaka 73
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Leave a reply