Netanyahu yageze mu Rwanda imihanda myinshi yirwa ifunze
— July 6, 2016
Please enter banners and links.

Ku isaha ya saa yine za mu gitondo nibwo Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu n’umufasha we Sara, basesekaye ku kibuga cy’indege cya Kigali bakirwa na Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame.
Netanyahu aje mu ruzinduko rw’umunsi umwe mu Rwanda, muri gahunda ye yo gusura ibihugu bya Afurika yatangiriye muri Uganda kuwa 4 Nyakanga arukomereza muri Kenya ejo kuwa Kabiri.
Mu bandi bakiriye Minisitiri Netanyahu ku kibuga cy’indege, harimo Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Louise Mushikiwabo n’Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Monique Mukaruliza.

Nyuma yo kugera mu Rwanda, Netanyahu ari kumwe n’umugore we Sara, basuye urwibutso rwa jenoside ku Gisozi aho bashyize indabo ku mva zishyinguyemo imibiri y’inzirakarengane.
Ku rwibutso rwa Gisozi, Netanyahu yari aherekejwe na Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame.




Mu butumwa bwe nyuma yo kunamira inzirakarengane za jenoside, Netanyahu yanditse ko yababajwe n’ibyabaye mu Rwanda ndetse bidakwiye kuba ukundi.
Ati “Tubabajwe cyane n’amateka y’uru rwibutso ku bw’inzirakarengane z’icyaha gikomeye cyane binanyibutsa ihuriro na jenoside yakorewe abantu bacu. Ntibizongere ukundi.”Netanyahu akimara kugera mu Rwanda imihanda yafunzwe za Remera ,za Kacyiru ,za Gisozi ,ku buryo abakoresha Taxi byagoranye kugera iyo bajyaga.
Abantu benshi bari bayobewe icyabaye abandi bifuza ko mbere y’uko imihanda ifungwa hajya habaho itangazo remenyesha abantu imihanda iribufungwe niribukoreshwe kugirango biborohereze ingendo zabo .
Bamwe bagendesheje amaguru ingendo ndende kubera ibyapa byabo bitakoreshwaga urugero nk’abantu baviramo Chez Lando baviragamo RDB bakahagenda n’amaguru.
Rwego Tony
2,531 total views, 1 views today

TURASHAKA KO ABATERA NKUNGA NA LETA BAMENYA AMANYANGA YA INNOC BAHATI WIBYE IMITUNGO YA ABASIRWA
UMURIRO UGIYE KWAKA, FRANK GASHUMBA ATEGETSWE KUTONGERA KWITA UMWANA WE RWABUGIRI
KARABAYE NONEHO MUSEVENI AZANYE AMAJWI Y’ABAPFUMU KADAGA YARAGIYE KUMUROGA NA GEN SALEH NA MUHOOZI(Vedio)
BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Reba aya amafoto meza 44 utazapfa utayarebye uburyo agaragaza ubunya Afurika bw’umwimerere
Isimbi Noeline uzwiho kwifotoza yambaye ubusa yongeye gutungura abantu asohora andi mafoto nyuma y’igihe atavugwa mu itangazamakuru
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Leave a reply