Isesengura:Ingabire Victoire gusezera mu Ishyaka yatangije yanafunzwe azira FDU Inkingi yaba yaguzwe ?agiye gutangiza irindi
— November 9, 2019
Please enter banners and links.

Umuyobozi w’ishyaka FDU Inkingi akaba ari nawe warishinze Ingabire Umuhoza Victoire yamaze kurisezeramo ashinga irindi rye anitandukanya n’impuzamashyaka P5 yabarizwagamo.
Hari abatangiye gucyeka ko ashobora kuba yaguzwe kugirango azabone umwanya muri Leta ariko abandi bakavuga ko bitashoboka ariko abenshi bakavuga ko kugurwa agahabwa cash agatangiza irindi rizemerwa mu mashyaka yo mu Rwanda nkuko hari ayandi byagenze gutyo aribo benshi.
Mukiganiro uyu munyepolitiki yahaye ijwi ry’Amerika avuga ko kutabona uko abonana n’abarwanashyaka b’uyu mutwe wa politiki nyuma yo gufungurwa no kuba iri shyaka hari aho rigonganira n’amategeko agenga imitwe ya politiki mu Rwanda.
Ikindi avuga cyamuteye gusezera muri iri shyaka yari amaze imyaka 13 ayoboye ni uko ashaka gushinga irindi rigendera ku mategeko agenga imitwe ya politiki mu Gihugu.
Ishyaka FDU Inkingi ni rimwe mu mashyaka atanu yibumbiye hamwe mu cyiswe P5 akorera hanze atavuga rumwe n’ubutegetsi buriho mu Rwanda, uyu munyepolitiki yahise anitandukanya n’iyo mpizamashyaka kuko abona ko harimo amashyaka atubahiriza amategeko yo mu Rwanda agenga imitwe ya politiki.


Ingabire Umuhoza Victoire ugiye kuzuza imyaka 10 agarutse mu Rwanda ubu aracyari kwitaba ubugenza cyaha Ku iperereza riri kumukorwaho bijyanye n’ibitero byagabwe mu Rwanda n’abavuga ko ari abarwanyi ba P5.
Ntacyo FDU Inkingi iratangaza kuri iki cyemezo cya Ingabire wari umuyobozi wayo cyangwa ngo ivuge ejo hazaza hayo itari kumwe n’uwayishinze.
Ishyaka FDU Inkingi ntiryari ryemererwa gukorera mu Rwanda mu gihe rimaze ahubwo ryakunze kumvikana ritabaza Ku iyicwa, ibura n’ifungwa rya bamwe mu barwanashyaka baryo.
Kuri uyu wa gatandatu tariki 9 Ugushyingo 2019 nibwo umunyepolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi buriho mu Rwanda Ingabire Umuhoza Victoire yatangaje ko asezeye mu ishyaka yashinze FDU Inkingi akaba yari anamaze imyaka 13 ariyobora akaba ashinze irindi rishya yise ” DALFA Umurinzi” rizakorera mu Rwanda.
5,351 total views, 1 views today

TURASHAKA KO ABATERA NKUNGA NA LETA BAMENYA AMANYANGA YA INNOC BAHATI WIBYE IMITUNGO YA ABASIRWA
UMURIRO UGIYE KWAKA, FRANK GASHUMBA ATEGETSWE KUTONGERA KWITA UMWANA WE RWABUGIRI
KARABAYE NONEHO MUSEVENI AZANYE AMAJWI Y’ABAPFUMU KADAGA YARAGIYE KUMUROGA NA GEN SALEH NA MUHOOZI(Vedio)
BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Leave a reply