Abo muri Opozisiyo bakomeye barimo Gen.Mugisha Muntu ,Bobi Wine na Mao bishyize hamwe kugirango bakure Museveni ku butegetsi
— April 5, 2019
Please enter banners and links.

Abayobozi b’Amashyaka atavuga rumwe na Leta ya Museveni bishyize hamwe kugirango bashyigikire umuntu umwe agire imbaraga azatsinde Perezida Museveni mu matora ya 2021.
Mu bishyize hamwe harimo abantu bakunzwe cyane ndetse bafite abafana benshi nka Gen.Mugisha Muntu uherutse gutangiza Ishyaka ryitwa the Alliance for National Transformation (ANT) ,Bobi Wine wa People Power, Norbert Mao wa DP.
Abo muri Movement ya Museveni ariyo NRM baherutse guhirira ahitwa Kyankwanzi bemeza ko Museveni agomba kwiyamamaza ku mwanya wa Perezida nta wundi mu Ishyaka uzemererwa kwiyamamaza cyeretse we gusa.
Depite Bobi Wine akaba yavuze ko gushyira hamwe kw’Amashyaka atandukanye bizaha imbaraga uzaba yemejwe kwiyamamariza kuba Perezida wa Uganda.
Mao wo mu Ishyaka rya DP we akaba yavuze ko barimo kubaka ikintu kimeza nka etaje (skyscraper)kuko iyo wubaka ikintu uba ufite gahunda nziza ariyo dutangiye uyu munsi.
Mao kuvuga ibi ni nyuma y’uko Ishyaka rya DP ryari rimaze iminsi risinyanye amasezerano n’andi Mashyaka atandukanye agamije kwishyirahamwe gukuraho Museveni bakaba barakoze ikitwa Strong DP Block ,abishyize hamwe bakaba ari Democratic Party, Social Democratic Party na People’s Development Party.
Mao yakomeje avuga ko kwishyirahamwe kwabo bizabaha imbaraga zo kugira ubushobozi haba mu mafaranga n’ibindi byo gushyigikira umuntu umwe bazamamaza kuzenguruka igihugu cyose maze ubundi Museveni akaba amateka kuko azatsindwa bibe amateka kuko gutsinda umuntu urambiranye kubutegetsi ahinduka amateka.
Bobi Wine yavuze ko bitakiri ngombwa ko Opozisiyo ihangana ugasanga Ishyaka riumwe rirwanya irindi kandi bose bagamije intego imwe yo kugira Leta ikorera abaturage.
Gen.Mugisha Muntu we akaba yagize ati “Dukurikije ibyo twagiye tunyuramo nk’igihugu birimo intambara no kumena amaraso (blood shed)byaterwaga no kudashyira hamwe kandi biracyatunaniye ariko birashoboka kandi nibwo twagira igihugu kiyobowe neza”.
Muhungu John –Kampala
4,926 total views, 1 views today

TURASHAKA KO ABATERA NKUNGA NA LETA BAMENYA AMANYANGA YA INNOC BAHATI WIBYE IMITUNGO YA ABASIRWA
UMURIRO UGIYE KWAKA, FRANK GASHUMBA ATEGETSWE KUTONGERA KWITA UMWANA WE RWABUGIRI
KARABAYE NONEHO MUSEVENI AZANYE AMAJWI Y’ABAPFUMU KADAGA YARAGIYE KUMUROGA NA GEN SALEH NA MUHOOZI(Vedio)
BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Reba aya amafoto meza 44 utazapfa utayarebye uburyo agaragaza ubunya Afurika bw’umwimerere
Kuki Umuhungu wa Gen Fred Rwigema atatashye ubukwe bwa mushiki we Teta?
1 Comment
aho rero uwo mugenenal ariwe muzagira candida apana civiliane bob wine