Nyabihu: 16 bafunzwe baregwa gutema bikomeye inka 11
— March 25, 2019
Please enter banners and links.

Abantu 16 bakurikiranyweho gutema inka z’umuturage ziba ahegreye ishyamba rya Gishwati mu mudugudu wa Gakamba akagari ka Mulinga ku mpamvu zitaramenyekana. Umwe mu babonye izi nka avug ako icyenda (9) muri zo zatemwe bikomeye ku buryo zishobora gupfa. Kugeza ubu nta mpamvu iramenyekana yateye abantu gutema izi nka muri ubu buryo.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu Antoinette Mukandayisenga yabwiye Umuseke ko ibi byabaye mu ijoro ryo kuri iki Cyumweru aho batemye inka 11 z’uwitwa Ndabarinze bazisanze aho ziri.
Mukandayisenga avuga ko Ndabarinze Kabera yari yasize inka ze muri icyo gikumba kiri muri Gishwati arataha ariko mu gitondo cya none agarutse kureba uko zaramutse asanga zatewe bikomeye.
Amafoto y’izo nka yerekana ko zatemwe bikomeye, umwe mu bazibonye yabwiye Umuseke ko ikenda muri zo zishobora gupfa kubera uburyo zatemwe.
Mu myaka ishize mu bihe byegereza cyangwa byo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi hagiye haba ibikorwa nk’ibi byo gutema inka z’abarokotse, hamwe na hamwe bagasanga bifitanye isano n’ingengabitekerezo ya Jenoside.
Umuyobozi w’Akarere avuga ko Ndabarinze ari umwe mu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi ariko kugeza ubu atakwmeza cyangwa ngo ahakane niba ibyakorewe inka ze bifite aho bihuriye n’ingengabitekerezo ya Jenoside.

Batemye inka 11 z’umuturage aje kuzireba mu gitondo asanga ziri hasi


Ati “Ntiharamenyekana impamvu yateye abantu gutema izi nka. Byose biracyari mu iperereza.”
Ubu ngo ubuyobozi bw’ibanze, Police n’ingabo bagiye gukoresha inama abaturage b’aka gace kubera ibi byabaye. Naho aba 16 bakekwaho uruhare mu gutema izi nka bafungiye kuri station ya Police ya Jomba.
Source:Umuseke.rw
4,849 total views, 3 views today

TURASHAKA KO ABATERA NKUNGA NA LETA BAMENYA AMANYANGA YA INNOC BAHATI WIBYE IMITUNGO YA ABASIRWA
UMURIRO UGIYE KWAKA, FRANK GASHUMBA ATEGETSWE KUTONGERA KWITA UMWANA WE RWABUGIRI
KARABAYE NONEHO MUSEVENI AZANYE AMAJWI Y’ABAPFUMU KADAGA YARAGIYE KUMUROGA NA GEN SALEH NA MUHOOZI(Vedio)
BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Reba aya amafoto meza 44 utazapfa utayarebye uburyo agaragaza ubunya Afurika bw’umwimerere
Isimbi Noeline uzwiho kwifotoza yambaye ubusa yongeye gutungura abantu asohora andi mafoto nyuma y’igihe atavugwa mu itangazamakuru
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Leave a reply